× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Nyuma y’umwuka mubi umaze igihe muri FERWAFA hakurikiyeho inkubiri yo kwegura kw’abayobozi

Category: Sports  »  April 2023 »  KEFA Jacques

Nyuma y'umwuka mubi umaze igihe muri FERWAFA hakurikiyeho inkubiri yo kwegura kw'abayobozi

Hashize igihe kitari gito hagaragara urunturuntu mu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) nk’aho havugwa ibintu bitandukanye nk’imyanzuro itahurijweho ku bayobozi bose, n’uburiganya buhoraho aho bitera FERWAFA buri igihe kwisanga mu bibazo.

Umwe mu bashyirwa mu majwi muri izi mvururu ni Muhire Henry aho ari we ushinjwa amakosa mesnhi kurusha abandi kuko n’aho atayakoze ashinjwa gushuka bagenzi be bakisanga mu makosa we akaba umwere.

Hari amakuru avuga ko yashutse Nzeyimana Felix wari umukozi ushinzwe irushanwa agafatanya n’umusifuzi Java guhimbira umukinnyi wa Rwamagana Mbanze Joshua ko yakinnye umukino na AS Muhanga atabyemerewe gusa nyuma bikaza kugaragara ko atari afite ayo makarita.

Gusa byaje kugaragara ko atari afite ayo makarita kugeza ubwo batawe muri yombi, gusa nyuma y’iminsi micye Muhire Henry yaje kuba umwere, arabigaramana.

Nyuma yaho kuwa Gatatu Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier yeguye ku mpamvu ze bwite, kuri uyu wa Kane Muhire Henry nawe yaje kwegura, ajyana n’uwari DAF, Iraguha David ndetse n’uwari komiseri, ushinzwe amategeko Delphine Uwanyirigira nabo bamaze kwegura.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.