× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Ubushakashatsi bushya buvuga ko abagore ari bo bahohoterwa kurusha abandi mu bihugu bitemera Abakristo

Category: Ministry  »  3 months ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Ubushakashatsi bushya buvuga ko abagore ari bo bahohoterwa kurusha abandi mu bihugu bitemera Abakristo

Mu Abakristo ari bake, abagore n’abakobwa b’Abakristo bibasirwa mu buryo bworoshye mu ihohoterwa rishingiye ku idini.

Abagore ni bo biba byoroshye ko bahohoterwa, kuko bafatwa bugwate, bagafatwa ku ngufu, kandi bagahatirwa guhindura idini. Ariko n’iyo babashije kurokoka, usanga imiryango n’amatorero yabo batabakira, ahubwo bakabatererana.

Abahanga n’abapasiteri bitabiriye inama ya World Evangelical Alliance yabereye muri Koreya y’Epfo basabye Itorero kwiga kwakira no gufasha abo bagore n’abakobwa, kububakira icyizere no kubasubiza agaciro aho kubakumira. Bavuze ko amaraso ya Kristo ashobora gukiza buri wese, kandi ko Itorero rikwiriye kuba ahantu ho gukiriza abababaye, aho kuba iry’ababacira urubanza.

Mu nama y’ihuriro mpuzamahanga ry’Abavugabutumwa (World Evangelical Alliance) yabereye muri Koreya y’Epfo ku itariki ya 28 Ukwakira 2025, abahanga mu birebana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’idini bavuze ko abagore n’abakobwa b’Abakristo baba mu bihugu Abakristo ari bake ari bo bahohoterwa byoroshye.

Iyi nama yabereye muri SaRang Church i Seoul, ikitabirwa n’abahagarariye amatorero n’imiryango itandukanye yo ku migabane yose y’isi, yagarutse cyane ku kibazo cy’ihohoterwa rikorerwa abagore b’Abakristo bo muri Aziya y’Epfo na Afurika.

Emma van der Deijl, Umuyobozi Mukuru wa Gender and Religious Freedom, wayoboye ikiganiro cyabaye muri iyo nama, yavuze ko "abagore n’abakobwa bahinduka nk’abanzi b’Itorero" igihe babaye ibitambo by’ihohoterwa rishingiye ku idini, kandi ko hari aho bigaragara ko Itorero riba ritizeye ko amaraso ya Kristo ashobora kubeza nk’abandi.

Abitabiriye inama basabye Itorero ry’isi yose kugira umutima wo kwakira, gufasha no gusubiza agaciro abagore n’abakobwa bahohotewe ku bwo kwizera Kristo.
Iyi nama yabereye muri SaRang Church yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Ubutumwa bwiza kuri bose bitarenze 2033.”

Abashumba n’abayobozi bitabiriye iyi nama basabwe kwibuka ko umukirisitu wese, yaba umugabo cyangwa umugore, afite agaciro imbere y’Imana, kandi ko amaraso ya Kristo ashobora gukiza n’abafashwe ku ngufu cyangwa bahohotewe, kugira ngo Itorero ribe isoko y’ubuntu, gukira no guhumuriza abababaye aho kuba isoko y’irondaruhu cyangwa urwango.

Emma van der Deijl, Umuyobozi Mukuru wa Gender and Religious Freedom (ibumoso), ari kumwe na Irene Kibagendi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Pan African Christian Women Alliance (uwa kabiri uvuye ibumoso), ndetse na Pasiteri Martha Das, Umunyamabanga Mukuru wa National Christian Fellowship of Bangladesh (uwa kabiri uvuye iburyo), mu kiganiro cyibanze bavuze ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryakorewe abantu bitewe n’idini, ikiganiro cyabereye muri SaRang Church i Seoul muri Koreya y’Epfo ku itariki ya 28 Ukwakira 2025.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.