× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Noheli yahoze ari umugambi w’Imana kuva kera hose

Category: Ministry  »  2 months ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Noheli yahoze ari umugambi w'Imana kuva kera hose

Mu nyandiko ya Philip Yancey, umwanditsi w’Umunyamerika, yashimangiye uko Noheli yahoze mu mugambi w’Imana.

Noheli akenshi ifatwa nk’umunsi wo kwibuka ivuka rya Yesu Kristo nk’igikorwa cyabayeho kubera icyaha cy’abantu. Abantu benshi batekereza ko Imana yohereje Yesu ku isi gusa nk’igisubizo cy’icyaha cya Adamu na Eva, nk’umugambi wo gutabara isi yari yaraguye mu cyaha no mu rupfu.

Nyamara, nk’uko Philip Yancey abigaragaza, hari igitekerezo cyimbitse kandi cyagutse kurushaho: ko ivuka rya Kristo ritari igisubizo cy’ikibazo cy’abantu gusa, ahubwo ko ryari umugambi w’Imana kuva ku itangiriro ry’irema.

Mu mateka ya tewolojiya, habaye impaka zikomeye hagati ya Thomas Aquinas na John Duns Scotus ku kibazo cy’uko Kristo yari kuza ku isi n’iyo abantu baba bataracumuye.

Aquinas yabonaga ko kwigira umuntu kwa Kristo (Incarnation) kwatewe n’icyaha, ko byari “igikorwa cyo gutabara isi” nyuma yo kugwa kw’abantu. Yifashishaga Ibyanditswe byibanda ku musaraba nk’igikoresho nyamukuru cy’agakiza.

Ku rundi ruhande, Duns Scotus we yabonaga ko Kristo atari umugambi wa kabiri (plan B), ahubwo ko yari intego nyamukuru y’irema ryose. Yagaragazaga ko Imana yaremye byose igamije gusangira ubugingo bwayo n’abantu binyuze muri Kristo.

Iki gitekerezo cy’uko Kristo ari we shingiro ry’irema cyemezwa n’Ibyanditswe byinshi, cyane cyane mu nzandiko za Pawulo, aho agaragaza ko ibintu byose byaremwe muri Kristo, bigakomerezwa muri we.

Pawulo akoresha inshuro nyinshi imvugo yo kuba “muri Kristo,” igaragaza ko Abakristo badahabwa agakiza gusa, ko ahubwo bahabwa n’ubuzima bushya, indangagaciro nshya, n’umwanya mushya mu mugambi w’Imana.

Mu kuvuka kwa Yesu i Betelehemu, Mariya ntiyabyaye umwana gusa, ahubwo yagize uruhare mu gikorwa gikomeje cy’Imana cyo kuba hafi y’abantu. Iryo vuka ryabaye intangiriro y’igikorwa cyakomereje mu itorero, rifatwa nk’umubiri wa Kristo ku isi.

Bityo, ivuka rya Kristo ntiryabaye igikorwa cy’umunsi umwe gusa, ahubwo ryakomereje mu buzima bw’abamukurikira, bahawe inshingano zo kwagura iyo “Incarnation” mu bikorwa byabo bya buri munsi.

Nubwo ibi bisa nk’inshingano iremereye abantu bafite intege nke, Ibyanditswe byibutsa Abakristo ko Imana itabareba uko bari ku giti cyabo, ahubwo ko ibarebera muri Kristo. Kuba “muri Kristo” bivuze ko ibyahise byabo bitabaciraho iteka, ahubwo ko baba babaye ibiremwa bishya. Ibi biha Abakristo icyizere n’imbaraga zo gukomeza nubwo badatunganye.

Iyo Noheli isobanuwe muri ubu buryo, ihinduka ikimenyetso cy’umugambi mugari w’Imana wo gusana isi yose, si abantu gusa. Kubaha abakene, kurwanira ubutabera, kurengera ibidukikije n’ubuzima bw’abantu bose bishingira ku kuri k’uko isi ari umurimo w’Imana kandi ko Kristo yaje kuyigira iye.

Nk’uko abahanzi n’abatekereza babigaragaza, ubwiza bw’isi ni uburyo Kristo agaragaza urukundo rwe binyuze mu byaremwe.

Mu magambo ya Yesu yo mu Byahishuwe avuga ko ari “Alufa na Omega,” hagaragaramo ko Noheli itari inkuru itangirira hagati mu mateka, ahubwo ko ari igice cy’inkuru itangirira ku irema ikazarangirira ku ivugururwa ry’ibintu byose.

Bityo Noheli ni igihamya cy’uko Imana itigeze ihagarika umugambi wayo, kandi ko ivuka rya Kristo ari igikorwa gikomeye, kikiri gukomeza, kigamije kugarura isi yose mu bumwe n’Imana.

Yesu ntiyaje ku isi aje kudukiza ibyaha byacu gusa, ahubwo yaje no gutumirira inyokomuntu kugira uruhare mu buzima bw’Imana.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.