Lorie Ishimwe uzwi mu ndirimbo zo kuramya ni umwe mu bazaririmba mu gitaramo cyiswe "Kigali Valentine Gala" kizabera ahitwa "Home food Resto & Bar".
Ni igitaramo kizaba tariki ya 14 Gashyantare 2026 guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba. Si ibintu bisanzwe ko umuririmbyi wa Gospel aririmba mu bitaramo bibera mu kabari agataramana n’abantu bafite impano zindi zitari ukuririmba indirimbo za Gospel.
Mu kiganiro na Paradise, ubwo yabazwaga uko yakiriye ubu butumire, Ishimwe Lorie yagize ati: "Ukuntu nabyakiriye naratunguwe cyane ndetse byabaye nk’ibibanza kuntera ubwoba."
Ni igitaramo azahuriramo n’abarimo Dj-Njosey, Igor- Bee, Packson n’abandi. Avuga ku busobanuro bw’iki gitaramo kuri kariyeri ye yo kuramya no guhimbaza Imana, yagize ati: " Ubusobanuro bw’iki gitaramo ni uko no hirya y’urusengero hari benshi bakeneye kumva ubitumwa bwiza binyuze mu kuririmba kwanjye".
Yunzemo ati: "Niteze kuzakura iminyago myinshi muri Resto-Bar nkayimurikira Kristo." Yashishikarije kandi abakunzi be kuzaryoherwa n’indirimbo nshya azashyira hanze kuri uyu munsi w’abakundana.
Iki gitaramo cyateguwe na CCA events ltd izwi mu gutegura ibitaramo n’amarushanwa bitandukanye ku munsi w’abakundanye cyangwa w’abakundana. Iyi Kigali Valentine’s Gala yateguwe ku bufatanye na Omah@promoter usanzwe uzwi mu gutegura ibi bitaramo.
Aba bombi bazwi mu marushanwa yitwa CCA Style Awards, asanzwe aba ndetse kuri ubu harimo gutegurwa edition 5 yayo.
Lorie yizeye kuzabona iminyago myinshi mu kabari
Umuherwekazi Ishimwe Lorie ategerejwe muri Bar
Ishimwe Lorie ni umwe mu bahanzi bagize intangiriro nziza aza no gutoranywa mu irushanwa rikomeye mu cyiciro cy’umuhanzi ukizamuka. Azwi cyane mu ndirimbo nka Umva ijwi, Yesu ni umugabo, Ndi umwana n’izindi.