× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Kagame Cup: G.S Nyarurama itozwa n’umuvugabutumwa yambariye gutwara abapadiri igikombe

Category: Sports  »  June 2023 »  Ev. Frodouard Uwifashije [Obededomu]

Kagame Cup: G.S Nyarurama itozwa n'umuvugabutumwa yambariye gutwara abapadiri igikombe

Mu marushanwa Amashuri Kagame Cup, ikipe ya GS Nyarurama y’abatarengeje imyaka 16 igeze ku mukino wa nyuma mu karere ka Gasabo aho izahura na Petit Seminaire Saint Vincent Ndera.

Uyu mukino wari uteganyijwe ku cyumweru tariki ya 18/06/2023 ariko uza kwigizwa imbere ushyirwa tariki ya 17/06/2023 ku isaa tanu.

Umuyobozi ushinzwe imikino mu karere ka Gasabo, Bwana Diogene yasobanuye impamvu uyu mukino wimuwe, ati "Twigije umukino imbere bitewe n’ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994 biteganyijwe muri aka karere ka Gasabo ndetse no mu mashuri atandukanye".

Aganira na Paradise.rw, Kapiteni wa G.S Nyarurama, Bwana Basabise Olivier yavuze ko intego yabo ari ugutsinda abapadiri. Yagize ati "Ubu dufite ishyaka ryo gutwara igikombe. Ibanga ryacu ni uguhuza umutima ndetse no gukorera hamwe".

Ibi akaba abihuza n’umuzamu w’iyi kipe witwa Manantumbekure wagize ati "Twiteguye gutwara igikombe". Tumubajije ibanga nk’umuzamu yumva azifashisha yagize ati: ’Ibanga ryanjye ni ibanga, ndamutse mbivuze naba ndimennye".

Umutoza wa G.S Reraneza Nyarurama bwana Alphonse, ni umwe mu bavugabutumwa bakomeye mu itorero rya ADEPR akaba na Mwalimu mu itorero rya ADEPR Kabuye.

Uyu mugabo usanzwe atoza amakipe y’abana yagize ati "Iki gikombe turashaka kugitwara, twakoze imyitozo ihagije, nta kabuza hamwe n’Imana tuzabikora.

Uyu mukino wa nyuma uzaba kuwa Gatandatu w’iki cyumweru saa tanu ku kibuga cya IFAK kimihurura, ni umwe mu mikino itegerejwe cyane bitewe n’ubushongore bw’aya makipe.

G.S Nyarurama yahigiye gutwara igikombe mu irushanwa Amashuri Kagame Cup, ifite abatoza b’inzobere akarusho bakaba n’abakristo.

Umutoza Mukuru w’iyi kipe ni Mwalimu muri ADEPR nk’uko twabivuze haruguru, naho Umutoza Wungirije nawe ni Umuvugabutumwa akaba n’umunyamakuru wa Paradise witwa Frodouard uzwi cyane nka Obededomu.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Ibitekerezo Byatanzwe

Gahunda ni cup
🏆🏆🏆🏆🏆🏆🏆🏆

Cyanditswe na:   »   Kuwa 16/06/2023 14:50