Mu gihe isi ikomeje kwihuta mu guhanga udushya no guhatana mu rwego rw’ubucuruzi, hari ibikorwa byihariye bigendera ku ndangagaciro z’iyobokamana bigasigasira umuco, ubunyangamugayo n’umutima w’ubwitange.
"Christian-based Businesses [Ibigo by’ubucuruzi bishingiye ku ndangagaciro za Gikristo] ni bamwe mu bafasha kubaka sosiyete irangwa n’umucyo n’indangagaciro nzima. Dore impamvu 7 ibyo bigo bikwiye gushyigikirwa no kwitabwaho:
1. Kubaka ubunyangamugayo n’ukuri mu bucuruzi
Business zishingiye ku ndangagaciro za Gikristo zubakira ku mahame yo kutariganya, kutabeshya no gukorera mu mucyo. Biteza imbere ubucuruzi bwizewe, bufite ihame ry’izina ryiza kandi ribonwa mu maso y’Imana n’abantu.
2. Gushyira Imana imbere mu byemezo byose
Aba bacuruzi bashyira imbere isengesho, ubuyobozi bushiye imizi muri Yesu n’amahame ya Bibiliya mu migambi yabo. Ibi bituma ibikorwa byabo biba bifite intego irenze inyungu — bigafasha no kugirira akamaro sosiyete yose.
3. Gutanga serivisi nziza zishingiye ku rukundo
Indangagaciro za Gikristo zishingira ku rukundo, ubwitange no kwitanga. Ni yo mpamvu Christian-based businesses zikunze gushyira imbere customer care nziza, gukorera ku gihe no guha agaciro buri muntu nk’ufite ishusho y’Imana.
4. Umucyo n’umutekano mu mibanire n’abakozi
Mu masosiyete nk’aya, abakozi barubahwa, bagahabwa agaciro, bagatozwa indangagaciro n’umuco wo kubahana. Uburyo bakorana burangwa n’amahoro, umutuzo n’umutekano, kuko baba bagendera ku ihame “ukorere abandi icyo wifuza ko bagukorera”.
5. Gufasha iterambere ry’abakristo n’imiryango
Izi business zifasha mu guteza imbere abagize itorero n’imiryango yabo binyuze mu guha akazi, kubarindira isuku y’ibidukikije, no gushyigikira ibikorwa by’ivugabutumwa n’ibikorwa by’urukundo. Ni isoko y’iterambere rirambye.
6. Kugira uruhare mu gukwirakwiza umuco w’amahoro n’umucyo
Iyo business iyobowe neza mu ndangagaciro za Gikristo, iba ikwigisha kwihangana, gusangira, no gukorera hamwe mu bwuzuzanye. Ikaba urugero rwiza mu muryango mugari no ku bakiri bato bakurikirana inzira y’abayobozi babo.
7. Gushyigikira ubutumwa bwiza binyuze mu bikorwa bifatika
Nubwo ziba ari business, izi sosiyete zigira uruhare mu kwagura ubwami bw’Imana: bafasha ibikorwa by’ivugabutumwa, bagasangira n’abababaye, bagatera inkunga gahunda z’urukundo n’ubutabazi. Ni uburyo bwo kwerekana ko ubucuruzi nabwo bushobora kuba umurimo w’Imana.
Gushyigikira Christian-based businesses ni ugushyigikira ubucuruzi bwubaka, indangagaciro z’umucyo, n’imibereho yuje ubumana. Ni ugufasha abakorana ubunyangamugayo gukomeza gutera imbere no kuba umusemburo w’impinduka nziza mu Rwanda no ku isi.
Jacky Flower [uwa kabiri uhereye ibumoso] ukora ubucuruzi bushingiye ku ndangagaciro za Gikristo ubwo yari mu kiganiro RTV Sunday Live kuri Televiziyo Rwanda asobanura byinshi kuri kompanyi ye "Jacky Flower Collective" icuruza indabo ikambika abageni ikanakora ’Decoration’ mu bukwe