× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Ibimenyetso 3 by’inyigisho zishobora kuyobya abantu mu rusengero ushobora kuba utabona

Category: Pastors  »  22 hours ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Ibimenyetso 3 by'inyigisho zishobora kuyobya abantu mu rusengero ushobora kuba utabona

Teasi Cannon, umwanditsi akaba n’impuguke mu bijyanye n’ubujyanama bwa gikristo, yavuze ko kimwe mu bibazo bikomeye abantu bahuye n’ihohoterwa ryo mu buryo bw’umwuka bahura na byo, ari ukubura icyizere cyo kongera kwizera imyanzuro yabo bwite.

Mu nyandiko yasohoye ku wa 10 Kamena 2026, yavuze ko benshi bibaza uko bemeye inyigisho nyuma bakaza gusanga zari zirimo kuyobya cyangwa kugenzura abantu. Ibi bituma bamwe batangira gukeka buri muvugabutumwa wese, mu gihe abandi bahitamo kuva burundu mu nsengero.

Yagaragaje ko nubwo Bibiliya ari Ijambo ry’Imana rigamije kuyobora abantu, hari igihe bamwe bayikoresha nabi kugira ngo bashyigikire ibitekerezo byabo cyangwa ibikorwa Yesu Kristo atigeze yemera.

Cannon yavuze ko ubushishozi bwo gutandukanya ukuri n’ikinyoma atari impano yihariye y’abantu bake, ahubwo ko ari ubushobozi buri Mukristo ashobora kwitoza no guteza imbere.

Yatanze ibimenyetso bitatu byafasha abakristo gusuzuma neza inyigisho bumva.
1. Reba niba Bibiliya iri kwigishwa cyangwa iri gukoreshwa gusa mu gushyigikira igitekerezo runaka

Cannon yavuze ko Bibiliya atari igitabo gisanzwe, ahubwo ko ari Ijambo ry’Imana rifite ububasha bwo guhindura ubuzima bw’abantu.

Yasobanuye ko umurongo uwo ari wo wose wa Bibiliya wabanje kubwirwa abantu runaka, kuvugirwa ahantu runaka no mu gihe runaka. Bityo, mbere yo kuwushyira ku buzima bw’uyu munsi, hakwiriye kubanza gusobanurwa icyo wasobanuraga ku bawumvise bwa mbere.

Yaburiye Abakristo ko iyo umuntu atangiriye ku mwanzuro yashatse kugeraho hanyuma agashaka imirongo ya Bibiliya iwushyigikira, aba atakiri kwigisha Bibiliya ahubwo ko aba ayikoresha nk’igikoresho cyo gushyigikira ibitekerezo bye.

2. Ntukemere ko amarangamutima asimbura ukuri

Uyu mwanditsi yavuze ko umuziki, uburyo bwo kuvuga, amarira, ijwi rikomeye cyangwa impano yo kuvuga neza bishobora gutuma abantu bemera ubutumwa batabanje kubusuzuma.

Yatanze urugero rwa filimi aho umuziki ushobora gutuma ibintu bisanzwe bigaragara nk’ibiteye ubwoba cyangwa bikomeye.

Yasabye Abakristo kwibaza bati: “Iyo iri jambo riza kuba ryanditse ku rupapuro gusa, nta muziki, nta marangamutima cyangwa uburyo budasanzwe bwo kurivuga, ryari gukomeza kunyemeza?”

Yavuze ko ukuri kw’Ijambo ry’Imana kudakeneye amayeri cyangwa gukinisha amarangamutima kugira ngo gukore ku mitima y’abantu.

3. Witondere inyigisho zishingira cyane ku nkuru n’ubuhamya kurusha Bibiliya

Cannon yavuze ko hari inyigisho zubakirwa ku nkuru nyinshi, inzozi, amayerekwa n’ubuhamya bw’umuntu ku giti cye, ariko Bibiliya igakoreshwa gake cyane.

Yemeye ko inkuru n’ubuhamya bishobora gufasha abantu gusobanukirwa neza ubutumwa, ariko ashimangira ko bidakwiriye gusimbura Ijambo ry’Imana.

Yagize ati: “Ese Bibiliya ni yo iyoboye ubutumwa, cyangwa iri gukoreshwa nk’umutako gusa?”

Yibukije Abakristo urugero rw’abavugwa mu Byakozwe n’Intumwa 17:11, basuzumaga Ibyanditswe buri munsi kugira ngo bamenye niba ibyo babwirwaga ari ukuri.

Gusuzuma inyigisho ni inshingano ya buri Mukristo
Cannon yasoje avuga ko Abakristo batagomba gutinya buri nyigisho bumvise cyangwa kubaho bakeka buri muvugabutumwa, ahubwo ko bagomba kwitoza kugira ubushishozi bushingiye ku kumenya neza Ibyanditswe.

Yashimangiye ko gukura mu kwizera bisaba gukoresha ubwenge Imana yahaye umuntu, gusuzuma ibyo yumva no kubigereranya n’Ijambo ry’Imana, kugira ngo atayobywa n’inyigisho zubakiye ku marangamutima cyangwa ku bitekerezo by’abantu aho kuba ku kuri kwa Bibiliya.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.