× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Cynthia Umulisa yasohoye indirimbo nziza yadudubijwe mu Isoko y’ubutware bwo muri Yesu Kristo-VIDEO

Category: Artists  »  September 2023 »  Ev. Frodouard Uwifashije [Obededomu]

Cynthia Umulisa yasohoye indirimbo nziza yadudubijwe mu Isoko y'ubutware bwo muri Yesu Kristo-VIDEO

Umuramyi Cynthia Umulisa uri mu kiragano gishya gikomeje kwigarurira imitima y’abakunzi ba Gospel, kuri ubu abakunzi be bongeye kwiterera hejuru baramburira Imana amaboko ku bw’indirimbo nshya yuzuyemo ubutsinzi bw’umwami Yesu Kristo nyir’itorero.

Ni indirimbo yise "Ubutware". Ni indirimbo twakwita indahekana kuko isohotse nyuma y’iminsi micye asohoye indi yitwa "Ni Yesu". Uyu mukobwa ukiri mutoya akomeje kugaragaza ko ataje kwifotoza mu muziki.

Nyuma yo kwegukana igihembo cy’umuririmbyi wakunzwe cyane mu irushanwa rya Rise and Shine World Talent Hunt (RSW) season 2023 ritegurwa na Rise and Shine Word Inc agahembwa ibihembo bitandukanye birimo gukorerwa indirimbo, Promotion ndetse n’ubujyanama, akomeje kwigarurira imitima y’abasobanukiwe gospel.

Mu kiganiro na Paradise.rw, Cynthia Umulisa yavuze ko iyi ndirimbo nziza yanditswe hifashishijwe inyanditswe byera biboneka muri Yesaya 9:5-6 hagira hati "Nuko umwana yatuvukiye duhawe umwana w’umuhungu, ubutware buzaba ku bitugu bye. Azitwa Igitangaza, umujyanama, Imana ikomeye, Data wa twese Uhoraho, Umwami w’amahoro."

Akaba yasobanuye ko yashakaga kumenyesha abatuye isi ko "twaherewe ubutware muri Yesu Kristo kandi bukaba buri ku bitugu bye". Yongeyeho ko Yesu Kristo ari umuremyi wa byose. Yakomeje asobanura ko nta muntu n’umwe wavuguruza icyo umwami Yesu Kristo yavuze.

Ku bw’iyo mpamvu, mu mbaraga zo kwizera yavuze ko nta muntu n’umwe ufite ubushobozi ku buzima bw’undi uretse Yesu Kristo wenyine. Ikindi, yasabye abantu kwizera Kristo Yesu kuko ariwe ufite ijambo rya nyuma ku buzima bwabo.

RYOHERWA N’INDIRIMBO NSHYA "UBUTWARE" YA CYNTHIA UMULISA

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Ibitekerezo Byatanzwe

Kuba muri yesu nubutwari knd bishobora bake cyane komeza ubane nuwiteka kk ntawamwiringiye ngo akorwe nisoni azatabara ubungingo bwawe atunguranye

Cyanditswe na: kambayire Yvonne   »   Kuwa 09/09/2023 06:56