× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Abanyamakuru bakwiye kurangwa n’ubushishozi no kubahana mu gutangaza inkuru ku mpfu z’ibyamamare

Category: Opinion  »  June 2023 »  Fabrice Nzeyimana [Paradise Contributor]

Abanyamakuru bakwiye kurangwa n'ubushishozi no kubahana mu gutangaza inkuru ku mpfu z'ibyamamare

Urupfu rw’icyamamare ni ikintu gikomeye gishobora kugira ingaruka zikomeye ku muryango we, inshuti, ndetse n’abafana. Mu bihe by’imbuga nkoranyambaga, birororshye cyane ko amakuru y’urupfu rw’icyamamare akwirakwira vuba, kandi ni ngombwa gukemurana icyo kibazo ubwitonzi kandi bigakorwa mu cyubahiro.

Nk’abanyamakuru, ibitangazamakuru, n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, dufite inshingano zo kumenyesha abandi amakuru neza kandi mu buryo bwitondewe tukazirikana ingaruka amagambo yacu n’ibikorwa byacu bishobora kugira ku muryango ndetse n’abakunzi ba nyakwigendera.

Gutangazanya amakuru ubushishozi n’icyubahiro

Iyo utanga raporo ku rupfu rw’icyamamare, ni ngombwa kwibuka ko umuryango n’abakunzi ba nyakwigendera bari mu bihe bitoroshye. Amakuru agomba kutangazwa hifashishijwe ubushishozi no kubahana, hibandwa ku buzima n’umurage wa nyakwigendera, aho kwibanda ku rupfu rwe.

Abanyamakuru bagomba kwirinda gukoresha urupfu rw’icyamamare nk’umwanya wo kwandika imitwe y’inkuru ikurura abarebyi cyangwa abasomyi benshi.

Ni ngombwa gushyira mu gaciro ugatangaza amakuru ariko kandi ukubaha n’ubuzima bwite bw’umuryango wasigaranye intimba. Inkuru yawe igomba kumvikanamo kubaha no kwishyira mu mwanya w’abandi, ukemera ibyago byabaye ndetse n’ingaruka bigira ku basigaye.

Kwirinda ibihuha n’amakuru atizewe

Nyuma y’urupfu rw’icyamamare, ibihuha n’amakuru atizewe bishobora gukwirakwira vuba binyuze ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’izindi mbuga. Nk’abanyamakuru n’ibitangazamakuru, ni ngombwa kugenzura niba ikintu ari ukuri mbere yo gutanga raporo ku cyateye urupfu cyangwa ibindi bisobanuro bijyanye n’icyo kibazo.

Gusangiza abantu ibihuha cyangwa amakuru atari yo bishobora kubabaza umuryango ndetse n’abakundaga nyakwigendera, kandi bishobora no kwangiza icyizere rubanda rufitiye igitangazamakuru cyangwa ukoresha izo mbuga nkoranyambaga.

Ni ngombwa gutegereza kugeza igihe abagomba gutangaza ayo makuru bizewe bayatangarije bakemeza icyateye urupfu mbere yo kubitangaza no kwirinda gukekeranya uko ibintu bimeze.

Kuzirikana umuryango we wa hafi

Umuryango wa hafi wa nyakwigendera ukunze kwibasirwa cyane n’urupfu rwe, ni ngombwa rero kuzirikana ibyiyumvo byabo n’ibikenewe muri icyo gihe kitoroshye.

Abanyamakuru n’ibitangazamakuru bagomba kwirinda gutoteza umuryango ku bw’amakuru cyangwa ibitekerezo runaka. Bagomba kandi kubaha ubuzima bwabo bwite hamwe n’urugamba rw’intimba barimo.

Ni ngombwa kandi kumva ingaruka z’amakuru ku muryango ndetse n’abakunzi ba nyakwigendera. Ibitekerezo cyangwa amagambo bidafite ishingiro bishobora gukomeretsa umuryango ndetse bikawambura icyubahiro, ni ngombwa kandi gushyira mu gaciro mu gihe cyo gutangaza amakuru ukibuka kubaha ibyiyumvo by’umuryango.

About Author:
Fabrice Nzeyimana afite impamyabumenyi mu bijyanye n’Amategeko ndetse na Tewolojiya. Ni umuhanzi w’icyamamare mu Karere mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.