× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Uburyo itangazamakuru rya Gospel rikomeje kuba umusingi w’iterambere ry’igihugu

Category: Analysis  »  7 hours ago »  Ev. Frodouard Uwifashije [Obededomu]

Uburyo itangazamakuru rya Gospel rikomeje kuba umusingi w'iterambere ry'igihugu

Mu Rwanda, itangazamakuru rya Gospel rimaze kuba inkingi itanyeganyega mu iterambere ry’igihugu bitewe n’uruhare rifite muri sosiyete.

Kuri ubu kuvuga ko mu Rwanda Gospel imaze kugera ku rwego mpuzamahanga ntibikiri inkuru yo kunyweraho, ahubwo impamvu yatuma abantu bicara ku gatebe ni ugushaka uburyo hahuzwa imbaraga zikoreshwa n’Umukamo.

Impamvu ingana ururo, ntibishoboka ko igihugu kigira abahanzi nka Israel Mbonyi abasha kuzuza inyubako nka BK Arena ubugira kane ntacyo itangazamakuru ryakoze.

Ntabwo uyu muramyi yamenyekana mu bihugu nka Tanzania, Kenya na Uganda bitagizwemo uruhare n’itangazamakuru ryo mu Rwanda ryabanje kumumenyekanisha mu gihugu, dore ko n’ijya kurisha ihera ku rugo.

Wenda hari uwashidikanya akakumvisha ko Mbonyi yavutse ari icyambu, ariko akirengagiza urwego rw’abaramyi nka Bosco Nshuti, Chryso Ndasingwa, Josh Ishimwe, Jesca Mucyowera, Alicia and Germaine, bakomeje kuzamuka bitewe n’umurava no gukorana neza n’itangazamakuru.

Ibi wanabishyiraho ikimenyetso cy’ubushishi wifashishije ibarurishamibare ry’umubare w’ibitaramo bikomeye bimaze kuba muri iki gihugu kandi bigatanga umusaruro yaba mu buryo bw’umubiri no mu mwuka.

Ikindi, kuba abahanzi baririmba Gospel basigaye batumirwa i Bwotamasimbi ku bwinshi, ibi ni umusaruro ukwiye kwishimirwa n’abakunzi ba Gospel bagaha indabo za zahabu iri tangazamakuru.

Uretse ibi mvuze, igihugu cy’u Rwanda nacyo gikomeje kungukira mu kugira itangazamakuru rya Gospel rikora. Mu gihe mu Rwanda habereye ibitaramo nibura 20 bya Gospel mu mwaka umwe, biba bisobanuye ko ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro kiba cyinjije imisoro, RDB nayo iba yabonye amikoro aturutse muri bamwe mu banyamahanga baba batumiwe mu bitaramo bakanasura ibyiza nyaburanga bitatse igihugu.

Abafite amahoteli nabo baba binjije agatubutse! Ibi wabibaza hotel yakiriye korali ikomeye nka Joyous Celebration. Wabibaza kandi Dove Hotel igabura amafunguro ku bitabira ibitaramo binyuranye bya Gospel bibera muri Kigali.

Tugiye mu buryo bw’Umwuka, amatorero menshi yakira abantu batandukanye bakiriye agakiza biturutse mu bitaramo bitabiriye bikarangira bavuyemo abigishwa ba Kristo bemera kubatizwa no kwihana bakera imbuto z’abihannye, bakemera kuyoboka amadini ndetse bagatanga amaturo n’icyacumi gishyitse, nyamara baramenye aya makuru biturutse ku itangazamakuru.

N’ubwo bigoye kumenya umubare, hari abantu benshi batera umugongo ibyaha bibangamira sosiyete binyuze mu butumwa butangwa n’itangazamakuru rya Gikristo.

Aha ntimugirengo nibagiwe abantu babona akazi gashingiye ku mitegurire y’ibitaramo barimo abategura ibitaramo, abashinzwe umutekano, abacuruza amatike, abakora amasuku, abacuruza amafunguro n’abandi.

Ibi byose ni umusaruro wo kuba u Rwanda rufite abanyamakuru b’umwuga barimo abanyamakuru bize itangazamakuru mu Rwanda no mu mahanga n’abandi bataryize ariko bakora neza uyu mwuga binyuze mu mahugurwa y’igihe gito kuri murandasi (Digital Journalism Media).

Uruhare rw’itangazamakuru mu kureshya abafatanyabikorwa

Kimwe mu byifuzo by’abategura ibitaramo ni imikoranire n’abafatanyabikorwa bashora amafaranga yabo bakamamarizwa ibikorwa byabo. Umunzani abafatanyabikorwa bapimiraho urwego rw’umuhanzi runaka wifuza gukorana nabo ni ijambo afite muri sosiyete.

Iri jambo, igikundiro ndetse no kumenyekana usanga bipimirwa ku rwego uwo muntu avugwamo mu itangazamakuru. Ibi bishatse kuvuga ko mu gihe itangazamakuru ritavuze ibikorwa byawe byagorana kubona abafatanyabikorwa dore ko ariryo rituma abantu bamenya umuntu runaka.

Ikindi, kugirango umufatanyabikorwa yemere gukorana n’umuhanzi cyangwa korali runaka, ibi nabyo bizaterwa n’umurongo muzima itangazamakuru rifite mu kwamamaza iki gitaramo cyangwa iki gikorwa dore ko ikigo runaka kiba cyiteze ko ibikorwa byacyo bizamamara binyuze muri media.

Igihe cyo kwirengagiza uruhare rw’itangazamakuru rya Gospel kigeze ku musozo. Bamwe mu bafite aho bahuriye na Gospel barimo abashumba b’amatorero, abahanzi, abategura ibitaramo bagiye bavugwaho kutesha agaciro itangazamakuru rya Gospel.

Kimwe mu bigaragaza ko bamwe mu bafatanyabikorwa b’itangazamakuru bagiye birengagiza agaciro karyo ni ukwikunda no kwikubira ibyavuye mu bikorwa byamamajwe n’iri tangazamakuru ndetse no kutariha umwanya mu gihe nta bikorwa byo kwamamaza bihari.

Ibi bishobora kuzashyirwaho akadomo binyuze mu kwisobanukirwa kw’abanyamakuru no kumenya agaciro k’umwuga wabo.

Icyo aba bantu bavuzwe hejuru bakwiye kumenya ni uko kwifashisha itangazamakuru risanzwe ukirengagiza irya Gospel ntaho bitandukaniye no kuvomera mu ngunguru iva, dore ko uba wirengagije ko aba banyamakuru baba bafite ishyaka ry’ibyo barimo kurenza undi wese bitewe n’uko barimo gukora ibintu biba mu mahame yabo.

Ikindi, kuri ubu abanyamakuru ba Gospel bakomeje gutera intambwe nziza mu mikoreshereze y’imbuga nkoranyambaga nka TikTok, Instagram na Facebook aho izi mbuga zifashishwa mu kwamamaza ibikorwa bitandukanye.

Gusa aha humvikane neza, sinshatse kuvuga gutera umugongo itangazamakuru risanzwe, ahubwo navugaga ko ijya kurisha ihera ku rugo.

Impande zombi zikwiriye gusasa inzobe.

Iyo uganiriye na bamwe mu bafite aho bahuriye na Gospel usanga hagaragara ukwitana ba mwana hagati y’itangazamakuru, abahanzi, abategura ibitaramo ndetse n’abashumba b’amatorero ku byerekeranye n’ibyangiza iterambere rya Gospel.

Gusa ariko, igifite agaciro ni ibiganiro ku mpande zombi hakarebwa uruhare rwa buri ruhande mu iterambere rya Gospel hakabaho no kwemera gukosorera hamwe ibitagenda neza. Ubutaha hazabaho. Ubutaha Paradise izaganira n’abantu batandukanye kuri iyi ngingo.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.