Nyirakarama Stine ni umukobwa ushima lmana akaba umuhanzikazi uri ku kigero cy’imyaka 24. Yavukiye mu ntara y’Iburengerazuba, i Rusizi, gusa yaje kuhava ubu akaba abarizwa mu mu mujyi wa Kigali ahazwi nko mu Gatsata.
Uyu mukobwa afite indirimbo nshya yise "Ntitunyeganyezwa" akaba yarayishyize hanze mu minsi mike ishize. Ni indirimbo iryoheye amatwi kuyumva, igasubiza abizera bose kongera gutumbira umusaraba.
Uyu muhanzikazi afite n’ikindi gihangano yashyize hanze mu mwaka wa 2021 yise "Isezerano". Iyi ndirimbo ye nshya "Ntitunyeganyezwa" imaze kurebwa n’abatari bake, ikoranye ubwenge n’ubuhanga.
Uretse no kuba Stine ari umuhanzikazi ku giti cye ni umuririmbyi akaba akorera umurimo w’Imana muri ADEPR ku itorero rya Gatsata, paruwasi ya Gasave, ururembo rwa Kigali muri korali yaho ya kabiri yitwa Salem.
Mu kiganiro Nyirakarama Stine yagiranye na Paradise yagize ati: "Nakuze nkunda kuririmba kuva mu bwana bwanjye kandi nkanjye nk’umuhanzi intego yanjye ni ugusubizamo abantu ibyiringiro no kubahumuriza".
Nyirakarama Stine yavuze kandi ko intego ye ari "ugushyira itafari hejuru y’irya bagenzi bange mu kwagura uyu murimo twahawe".
Ryoherwa n’amagambo meza akubiye muri iki gihangano cye gishya
Nyirakarama Stine, amaraso mashya mu muziki wa Gospel
Imana yamahoro ikomeze kwagura Umurimo wayo binyuze mugukoresha Abakozi bayo Kandi Imbaraga ukorana Umurimo ikongerere kurushaho Imana ibahe Umugisha 🙏