Kuva Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026 cyatangira tariki ya 11 Kamena 2026, hari ibihe 5 by’ingenzi abakinnyi bagaragajemo ukwizera kwabo bitazigera byibagirana mu mateka yose
Abakinnyi n’amakipe atandukanye bakomeje gukoresha urubuga rw’uyu mukino ukunzwe cyane ku isi mu guhamya ukwizera kwabo muri Yesu Kristo. Dore bimwe mu bihe by’ingenzi byagaragaje ukwizera muri iri rushanwa.
1. Abakinnyi ba Croatia bavuga ku kamaro k’ukwemera kwa Gatorika
Mbere y’umukino wa mbere wahuje Croatia n’u Bwongereza, abakinnyi babiri b’iyi kipe, Kristijan Jakić na Igor Matanović, bagaragaje ko ukwizera kwa Gatorika ari ingenzi cyane mu buzima bwabo.
Matanović yavuze ko gusenga Imana bimwongerera imbaraga kuko yumva hari uyumva kandi umwitayeho. Jakić na we yavuze ko ukwizera ari kimwe mu bigize ubuzima bw’Abanya-Croatia ndetse ko ari ikintu gikomeye ku ikipe y’igihugu yose.
2. Abakinnyi ba Curaçao n’u Budage bahuriye mu isengesho nyuma y’umukino
Ikipe y’igihugu ya Curaçao yanditse amateka yo kugera mu Gikombe cy’Isi bwa mbere. Nubwo yatsinzwe n’u Budage ibitego 7-1, abakinnyi bayo bishimiye intambwe bateye maze bahurira ku kibuga barasenga.
Nyuma yaho, abakinnyi b’Abadage Jonathan Tah na Felix Nmecha bifatanyije na bo muri iryo sengesho.
Nmecha yaravuze ati: “Mu kibuga tuba turi abo duhanganye, ariko nyuma y’umukino turi abavandimwe muri Kristo. Twese twizera ko Yesu ahabwa icyubahiro binyuze muri uyu mukino.”
3. Lionel Messi yashimiye Imana nyuma yo gukora amateka
Tariki ya 16 Kamena, Lionel Messi yafashije Argentina gutsinda Algeria ibitego 3-0, aninjiza ibitego bitatu wenyine (hat-trick) bwa mbere mu mateka ye mu Gikombe cy’Isi.
Uyu mukinnyi uzwiho ukwizera kwa Gatorika, nyuma y’umukino yaravuze ati: “Sinagira ikindi nsaba kirenze ibyo namaze guhabwa. Ndashimira Imana ku byo yangiriye byose, kandi ibizakurikiraho byose mbifata nk’umugisha.”
4. Ikipe ya Amerika yasengeye hamwe nyuma yo gutsinda Paraguay
Nyuma yo gutsinda Paraguay ibitego 4-1, abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Amerika bahuriye ku kibuga basenga bayobowe na myugariro Mark McKenzie.
Muri iyo kipe harimo kandi Christian Pulisic, uzwiho kuyobora bagenzi be mu kwiga Bibiliya, ndetse n’umunyezamu Matt Freese, wahamije ko gusoma Ibyanditswe no kwizera Imana bifite uruhare runini mu rugendo rwe rwa siporo.
5. Felix Nmecha yahaye Yesu icyubahiro nyuma yo gutsinda igitego
Mu mukino u Budage bwatsinzemo Curaçao ibitego 7-1, Felix Nmecha yatsinze igitego cye cya mbere mu Gikombe cy’Isi.
Akimara kugitsinda, yapfukamye hasi, yigira nk’aho akuye ikamba ku mutwe, arishyira hasi, hanyuma yerekana mu ijuru. Ibyo yakoze bizwi nka “Crown Down”, bisobanura ko icyubahiro cyose, impano zose n’intsinzi zose ari ibya Kristo.
Nyuma y’umukino yagize ati: “Ni umugisha ukomeye gutsindira igihugu cyanjye igitego cya mbere. Icyubahiro cyose ngiha Imana kuko ari yo yampaye impano n’amahirwe yo kubaho muri izi nzozi.”
Nubwo FIFA World Cup 2026 ikiri mu ntangiriro, bamwe mu bakinnyi bakomeye ku isi bamaze gukoresha iri rushanwa nk’urubuga rwo guhamya ukwizera kwabo. Mu magambo yabo, mu masengesho ndetse no mu byishimo byabo nyuma y’imikino, izina rya Yesu rikomeje kumvikana imbere ya miliyari z’abakurikira iri rushanwa ku isi yose.