Rev. Isaie Ndayizeye uyobora ADEPR yitabiriye umuhango wo gusengera abayobozi bashya ba CEP UR Huye, abasaba gukomeza kuba abigishwa ba Yesu nyakuri.
Ku cyumweru tariki 22 Mutarama 2023 nibwo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye mu Karere ka Huye habereye Igiterane cy’Ububyutse no gusengera Abayobozi bashya ba CEP Huye barangajwe imbere na Turatsinze Rodrigue no gushimira abacyuye igihe.
Umushumba Mukuru w’Itorero ADEPR, Rev Pastor Isaie Ndayizeye yabasabye gukomeza kuba abigishwa ba Yesu nyakuri no kuzana impinduka zuzuye aho bari.
Yanashimiye Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda imikoranire myiza bufitanye n’Itorero ADEPR anizeza iyi Komite nshya amahugurwa kugira ngo bazarusheho gukora neza inshingano za bo.
Abayobozi bashya bagiye kuyobora CEP 2022-2023 bahagarariwe na Turatsinze Rodrigue n’itsinda ry’abagize komite ye, bagiye gusengerwa kugira ngo Imana izabane nabo. Babwiwe n’Umushumba Ndayizeye Isaiah ko ari abahagarariye Yesu hano ku isi, bakaba bafite inshingano zo kwigisha abantu iby’ubwami bw’Imana.
Yabasabye kujya bigisha kwitondera ibyo Yesu yategetse byose, kwita kubo bayoboye (intama) n’ibindi byinshi, Yesu uwo bagiye gukorera, ntari kure ahubwo bari kumwe kuko yavuze ko ari kumwe nabo iminsi yose.
Rev Isaie asengera abayobozi bashya
Habanje kuba igiterane hakurikiraho gusengera abayobozi bashya
Mwagize neza kubana natwe
Iyinkuru ni nziza