Banye-Huye, i Nyanza, i Butansinda, za Kigoma,..inkuru y’agakiza yatashye iwanyu. Banyecyarwa, Muraho neza?? Imirimo y’abera izibukwa. Ubu gahunda ni Operation Twende i Cyarwa mu cyumweru cyiswe "Elimu Week Program" cyateguwe na Elimu choir.
Nyuma y’umutambagiro wakozwe n’abanyacyarwa barangajwe imbere na Polisi y’igihugu, mu ndirimbo igira iti "Mana utuyobore", korali Ukuboko kw’iburyo ikorera umurimo w’Imana mu itirero rya ADEPR Paroisse ya Gatenga yahagurutse i Kigali yarekeza mu Majyepfo aho yitabiriye igiterane cyateguwe na Elimu Choir.
Saa tatu ni bwo iyi Korali yahagurutse i Nyabugogo yerekeza mu Majyepfo aho ihagurukanye abaririmbyi bagera kuri 65. Ni urugendo rwatangijwe n’amasengesho yo kuragiza Imana umubiri, ubugingo ndetse n’ivugabutumwa muri rusange.
Mbere yo guhaguruka, Niragire Olivier akaba umubitsi w’iyi Korali yatangaje ko intego bafite muri uru rugendo ari ugushaka iminyago bazamurikira Imana ku munsi w’imperuka.
Korali Ukuboko kw’iburyo ni imwe mu ma korali yubatse ubwami bw’umutamenwa mu mitima ya benshi. Yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zirimo Ikidendezi, Aracyakora, Si Ku kidendezi gusa, Uwabambwe ndetse n’izindi.
Paradise.rw yabukereye irakomeza kubagezaho amakuru y’uru rugendo.
Korali Ukuboko kw’Iburyo yerekeje i Cyarwa mu ivugabutumwa ryiswe "Elimu Week Program" ryateguwe na Elimu choir.
Imana ibakomeze kd igendane namwe