× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Obama yasubije Trump wamupostinze we n’umugore we bari mu mubiri w’inkende

Category: Leaders  »  3 weeks ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Obama yasubije Trump wamupostinze we n'umugore we bari mu mubiri w'inkende

Obama yanenze “monkey meme” yamugaragaje we n’umugore we Michelle Obama bambaye umubiri w’inkende, ashinja Trump gutesha agaciro ubuperezida, ibintu abihayimana na bo banenze.

Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, yatangaje ko imikorere ya politiki ku mbuga nkoranyambaga yahindutse “ikinamico y’abanyarwenya (clown show),” ashinja Perezida Donald Trump gutesha agaciro umwanya w’ubuperezida nyuma y’aho kuri konti ya Trump hashyizwe amashusho amugaragaza we n’uwahoze ari umugore we Michelle Obama bashushanyijwe nk’inkende.

Ibi Obama yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa YouTube Brian Tyler Cohen, cyatambutse ku wa 14 Gashyantare 2026. Cohen yamubajije ku mashusho yari yashyizwe kuri Truth Social ya Trump ku wa 5 Gashyantare, mu mashusho yavugaga ku birego by’uburiganya mu matora ya perezida yo mu 2020.

Muri ayo mashusho, mu buryo bwagaragaraga nk’aho byafashwe muri “auto-play,” hagaragaragamo amasura ya Barack na Michelle Obama ashyizwe mu mibiri y’inkende, mu gihe hacurangwaga indirimbo “The Lion Sleeps Tonight.” Iyo video yagiye ikwirakwira cyane ku mbuga nkoranyambaga, kandi yanagaragazaga abandi bayobozi b’Abademokarate bashyizwe mu mibiri y’inyamaswa zo muri Afurika.

Hillary Clinton yashyizwe mu mubiri w’ingurube y’ishyamba (warthog), Alexandra Ocasio-Cortez agaragazwa nk’indogobe, Adam Schiff nk’igisiga kirekire (giraffe), mu gihe Trump we yashyizwe mu mubiri w’intare. Hari aho agaragara aryamye mu mbuga, hafi ya Hakeem Jeffries washushanyijwe nk’inyamaswa nto iririmba (meerkat).

Aya mashusho yateje impaka zikomeye, anengwa n’abanyapolitiki bo mu mashyaka yombi, harimo n’Abakristu b’abanyamurava n’abadepite b’Abarepubulikani bavuze ko ayo mashusho asesereza kandi atesha agaciro abantu.

White House yabanje kuvuga ko uburakari bwatewe n’ayo mashusho ari “fake outrage,” ariko nyuma ayo mashusho aza gukurwaho, bavuga ko yashyizweho n’umukozi. Trump yavuze ko atabonye ayo mashusho mbere y’uko ashyirwa ku rubuga rwe kandi anenga ibiyavugwaho ko ari ivanguramoko.

Nubwo yashyizweho akavaho, inkuru yayo yakomeje kuganirwaho mu bitangazamakuru, ndetse Trump aherutse kubazwa kuri yo, ashimangira ko abantu bibanze ku mashusho bakirengagiza intego yari igamijwe, yo kugaragaza impungenge ku buriganya bw’amatora ya 2020.

Mu kiganiro na Cohen, Obama yavuze ko Abanyamerika benshi babona imyitwarire ya Trump ku mbuga nkoranyambaga nk’iteye impungenge cyane. Yagize ko nubwo ibyo bintu bikurura ibitekerezo kandi bikarangaza abantu, Abanyamerika benshi akunda guhura na bo “bacyemera ikinyabupfura, icyubahiro n’ubugwaneza.”

Yakomeje agira ati: “Hari ikinamico y’abanyarwenya iri kubera ku mbuga nkoranyambaga no kuri televiziyo, kandi icy’ukuri ni uko bisa n’aho nta soni zikiriho ku bantu bahoze bumva ko bagomba kubaha umwanya w’ubuyobozi no kwitwara mu buryo bwiyubashye. Ibyo byarazimiye.”

Abakristo benshi, cyane cyane abo mu ruhande rw’abiyita Christian Conservatives, banenze cyane iyo meme. Bamwe mu bayobozi b’amatorero n’abanyapolitiki b’Abarepubulikani bafite imyemerere ya gikristu bavuze ko kwerekana abantu nk’inyamaswa ari ugutesha agaciro umuntu waremwe mu ishusho y’Imana, kandi ko bidahuye n’indangagaciro za gikristu zirimo kubaha, gukunda no kurengera icyubahiro cya buri wese.

Hari abavuze ko n’ubwo habaho kutumvikana muri politiki, ivangura n’amashusho asesereza bidakwiye kwihanganirwa, cyane cyane ku mwanya w’ubuperezida. Abandi bo bashimangiye ko politiki ya none ikwiye gusubira ku kinyabupfura no ku ndangagaciro zishingiye ku kuri no ku kubahana.

Obama yanenze cyane Trump wamupostinze we n’umugore we Michael Obama bari mu mubiri w’inkende

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.