Umuhanzi Jado Ngora ubusanzwe amazina ye nyakuri ni Ngoragoze Jean de Dieu, ni umuhanzi w’indirimbo ziramya ndetse zikanahimbaza Imana.
Jado ubu uri mu gihugu cya Tanzania mu murimo w’ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo zisingiza Imana, aherutse gusohora indirimbo nshya yise "Ni Yesu" yakoze ku mitima ya benshi.
Mu kiganiro na Paradise, Jado yatubwiye ko iyi ndirimbo ihumuriza abantu kandi atanga ingero zitandukanye harimo nk’aho yagize ati: "Nk’iyo uri mu kigeragezo iyi ndirimbo ikwibutsa ko Imana iriho kandi ariyo ishoboye byose".
Ikindi kintu gikomeye ndetse cy’ibanga gihishwe muri iyi ndirimbo ni uko yashakaga kubwira abantu kwigira ku bantu bavugwa muri Bibiliya badutanze mu isi. Yagize ati: "Imana yagiriye neza Dawidi ari mu ishyamba, Aburahamu ndetse na Salomo".
Ikindi umuhanzi Jado Ngora yahishuye ni uko nyuma y’iyi ndirimbo ateganya gusohora izindi, kandi ku bwe ati "bigenze neza n’igiterane cyategurwa tugatarama".
Yasoje abwira abantu ati "Imana ni nziza tuyizigire ntiizadukoza isoni. Kandi Yesu ni umugabo ukomeye byose, ni Yesu".
Jado Ngora arakataje mu muziki aho yashyize hanze indirimbo nshya "Ni Yesu"
RYOHERWA N’INDIRIMBO NSHYA "NI YESU" YA JADO NGORA