Eddy Kamoso uzwi mu biganiro by’Iyobokamana kuri Radio na Televiziyo 10, yanditse amagambo yuzuye uburyohe mu mitoma ashimira Anny umugore we kuba yaramukunze akanamwemera abandi baramwanze.
Yamushimiye cyane ndetse ahamya ko icyerekezo cy’ubuzima yishimira ubu ari Imana yamukoresheje kugira ngo abe icyo aricyo none. Yamubwiye aya magambo ubwo yamwifurizaga isabukuru nziza y’amavuko.
Mu magambo atebya yanyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Eddy Kamoso unakora ku Izuba TV, yavuze ko iyo aba umukuru w’igihugu yakagize umugore we Minisitiri w’ubuzima. Yungamo ati "Ariko nasanze ubaruta".
Yagize ati: "Nyemerera mfate umwanya nkwifurize isabukuru nziza wowe wankunze nanzwe, unyambika nambuwe. Imana yaragukoresheje kugira ngo mbe uwo ndiwe uyu munsi. Nakabaye ndi Perezida nakakugize Minisitiri w’ubuzima ariko urabaruta. Ndagukunda Anny".
Eddy Kamoso aza mu banyamakuru bake beza mu gisata cya Gospel kandi ijwi rye ryinjiza akayabo mu kwamamaza. Kuri ubu ni umwe mu bagize Akanama Nkemurampaka mu irushanwa rya RSW Talent Hunt rizahemba Miliyoni 10 Frw umunyempano uzahiga abandi.
Eddy Kamoso ari mu nkingi za mwamba muri Gospel