"Abahamagawe ni benshi ariko nyamara abatoranijwe bo ni bake".
Ibyakozwe n’Intumwa 13:1-3 "1 Mu Itorero ryo muri Antiyokiya hariho abahanuzi n’abigisha, ari bo Barinaba na Simoni witwaga Nigeru, na Lukiyosi w’Umunyakurene na Manayeni wareranywe n’Umwami Herode, hariho na Sawuli.
2 Ubwo basengaga Umwami Imana biyiriza ubusa, Umwuka Wera yarababwiye ati "Mundobanurire Barinaba na Sawuli, bankorere umurimo mbahamagariye gukora." 3 Nuko bamaze kwiyiriza ubusa no gusenga, baherako babarambikaho ibiganza barabohereza.
Mukundwa, Nshuti y’Imana, itorero rya Kristo ryo muri Antiyokiya ryabagaho mu buzima bwo gusenga ndetse bakigomwa no kurya (kwiyiriza ubusa). Muri ubwo buzima bw’amasengesho babagamo, ni ho bakuraga amakuru avuye ku Mana, bakabgibwa n’icyo bagomba gukora, kandi Imana ni yo yitoranyirizaga abo ishaka gutuma cyangwa gukoresha.
None rero, amatorero ya Kristo yo muri iki gihe, usanga amenshi, abitwa ko ari abakozi b’Imana, bamwe barishizeho (baritoye) atari Imana yabatoranije, na ho abandi agasanga bashizweho n’abantu kubera impamvu runaka, kandi wenda bitari no mu mugambi w’Imana;
Ari na byo bituma itorero rya Kristo ritukwa cyangwa rigawa kubera abo bitwa ko ari abakozi b’Imana nyamara atari Imana yabahamagaye (yabatoranije). Icyakora abahamagawe ni benshi ariko nyamara abatoranijwe bo ni bake. Noneho birakwiriye ko dusenga tukumva icyo Umwuka Wera avugana natwe kuko ari bwo tuzagera ku tsinzi ari wo mugambi w’Imana. Imana idufashe
NB: Abo yatoranije kera yarabahamagaye, kandi abo yahamagaye yarabatsindishirije, n’abo yatsindishirije yabahaye ubwiza, kandi ufite ugutwi niyumve ibyo Umwuka abwira amatorero. Amen
Mwari kumwe na Ev. Ndamage Lele Desire