Nshimiyimana Joshua ni umuramyi uzwi ku izina ry’ubuhanzi "Joshua N", akaba ari umukristo ubarurirwa mu itorero ADEPR.
Kuri uyu 24 Mata 2024 ni bwo Joshua N yashyize hanze indirimbo nziza cyane yise "Abiringiye Uwiteka". Yasamiwe mu bicu mu masaha make imaze hanze ndetse yuzuye amagambo meza yomora imitima inasubizamo intege abacogoye.
Mu majwi meza aririmba agira ati: "Abiringiye Uwiteka bameze nk’umusozi Siyoni utabashika kunyeganyezwa uhora uhamye iteka. Nk’uko imisozi igose i Yerusalemu ni ko Uwiteka agota abe none n’iteka ryose".
Uyu muramyi afite umufasha we witwa Aline Uwamariya n’abana babiri. Uyu mufasha we na we ni umuririmbyi rurangiranwa akaba yaramenyekanye muri Korali Rangurura ADEPR Biryogo dore ko ari umwe mu nkingi zayo.
Uwamaliya Aline yanaririmbye mu itsinda ryo kuramya no guhimbaza lmana aho yize amashuri ye yisumbuye i Kageyo (worship team ya Kageyo).
Joshua N yari aherutse gukora igitaramo yise "ABANYAMUGISHA LIVE CONCERT" cyabaye mu mwaka ushize ku itorero ADEPR Biryogo. Cyitabiriwe n’ibikomerezwa muri Gospel nka "Ev. J Paul Nzaramba", ndetse "Hyssop choir".
Uyu muramyi Joshua yatangiye umurimo wo kuririmba kuva ari umwana muto kuko yakuriye mu ishuri ryo kucyumweru (Sunday school) akomeza gukora uwo murimo akura atyo ndetse anaririmba mu ma korali atandukanye.
Imana Ikomeze Igushigikire
Imana Ikomeze Igushigikire