× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Imbaraga zo kubabarira: Niba wababariye, ukwiye no kwibagirwa cyangwa kwirengagiza igicumuro cya mweneso

Category: Sermons  »  5 months ago »  Pastor Christian Gisanura

Imbaraga zo kubabarira: Niba wababariye, ukwiye no kwibagirwa cyangwa kwirengagiza igicumuro cya mweneso

Nuko Petero aramwegera aramubaza ati: "Databuja, mwene data nangirira nabi nzamubabarira kangahe? Ngeze karindwi?" Yesu aramusubiza ati: "Sinkubwiye yuko ugeza karindwi, ahubwo yuko ugeza mirongo irindwi karindwi. (Matayo 18:21;22).

Karindwi ni umubare ugaragaza ukwuzura ubumana. Rero, kubabarira ntikugira inshuro igihe cyose usabwa kubabaria wuzuye umwuka w’Imana.

Igituma umuntu abara inshuti yababariye ni uko atajya yibagirwa. Ubundi iyo ubabariye, ukwiye no kwibagirwa ko wababariye. Icyo kiragoye ariko kirabohora.

Igihe cyose uzanga kubabarira, uzaba wifunga aho gufunga uwaguhemukiye. Uzabura ibitotsi, uwahemutse yisinzirira. Uko uzatinda kubabarira, ni nako uzatinda kubohoka, kandi uko uzatebuka mu kubabarira, ni nako uzabohoka.

Ahasigaye, Umwami Yesu abashoboze kwakira ibikomere no kubabarira n’ubwo badasaba imbabazi, ariko ku bw’inyungo zacu no kubohoka twabikora.

Shalom, Pastor Christian Gisanura

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.