× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Igitero cy’u Burusiya cyasenye urusengero rw’Ababatisita muri Ukraine hapfiramo na pasiteri

Category: Pastors  »  7 hours ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Igitero cy'u Burusiya cyasenye urusengero rw'Ababatisita muri Ukraine hapfiramo na pasiteri

Igitero cy’u Burusiya ku rusengero rw’Ababatisita muri Ukraine cyahitanye pasiteri mu gihe cy’amasengesho.

Igitero cyagabwe n’u Burusiya mu mujyi wa Zaporizhzhia mu majyepfo y’iburasirazuba bwa Ukraine cyibasiye urusengero rwa Baptist mu gihe cy’amasengesho, gihitana umuntu umwe ndetse gikomeretsa abandi umunani.

Nk’uko byatangajwe na Ambasade ya Ukraine muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iki gitero cyibasiye inyubako yitwaga House of the Gospel Church, yari imaze igihe ifasha abaturage mu bikorwa by’iyobokamana n’ubutabazi. Iyi ambasade yavuze ko ari igitero cyagambiriwe ku bantu bari bateraniriye mu gusenga mu mahoro.

Amakuru yatangajwe n’abakurikirana ibikorwa byo gukurikirana ihohoterwa rikorerwa Abakirisitu agaragaza ko uwahitanywe n’iki gitero ari umukozi w’Imana witwa Ruslan Utyuzh, wari pasiteri kuri uru rusengero. Yasize umugore n’abana babiri.

Uru rusengero rwari rusanzwe rufatwa nk’aho abantu barenga 300 baboneraga ubufasha bw’umwuka, ariko kuva intambara yatangira, insengero zirenga 700 zimaze gusenywa muri Ukraine.

Abakurikirana ibijyanye n’ihohoterwa rikorerwa amadini bavuga ko insengero nk’izi zikunze kwibasirwa cyane cyane mu gihe ziri gutanga ubufasha mu bihe bikomeye. Bavuga ko ari yo mpamvu hakomeje gukorwa inyigo n’inyandiko zigaragaza uko Abakirisitu bakomeje guhohoterwa muri Ukraine.

Colby Barrett, umwe mu bakora filime mbarankuru yitwa A Faith Under Siege, yavuze ko iki gitero kitari impanuka cyangwa ikintu cyabaye rimwe gusa, ahubwo ko ari igice cy’ibikorwa bikomeje byibasira insengero. Yavuze ko amakuru agaragaza ko hifashishijwe igisasu cya KAB-1500L kiyobowe n’ikoranabuhanga rya laser.

Imibare itangwa n’abo bakurikirana iki kibazo igaragaza ko kuva intambara yatangira, abapasiteri n’abapadiri barenga 58 bamaze kwicwa, mu gihe insengero zirenga 700 zangijwe cyangwa zigasenywa.

Intambara ikomeje kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abaturage, by’umwihariko ku myemerere n’imiryango y’amadini, nubwo bamwe bakomeje kwizera no gukomeza ibikorwa byabo nubwo bahura n’ibihe bikomeye.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.