× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Ibyo wamenya kuri T. Aime Christian ugiye gusohora indirimbo ye ya mbere yise “Amashimwe”

Category: Artists  »  3 weeks ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Ibyo wamenya kuri T. Aime Christian ugiye gusohora indirimbo ye ya mbere yise “Amashimwe”

Tuyizere Aime Christian, umuhanzi ukizamuka mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yatangaje ko agiye gusohora indirimbo ye nshya yise “Amashimwe”, ikaba ari na yo ya mbere.

Mu kiganiro yagiranye na Paradise, yatangaje ko yateganyije kuyishyira hanze ku wa 4 Ukwakira 2025. Uyu musore usengera mu Itorero ADEPR Ruvumera ryo mu Karere ka Muhanga, avuga ko iyi ndirimbo ari igice cy’ubuhamya bw’ibyo Imana yamukoreye.

Tuyizere Aime Christian, uzwi mu buhanzi nka T. Aime Christian, yavukiye mu Karere ka Muhanga, mu Murenge wa Nyarusange.

Kuri ubu ni umunyeshuri muri Kaminuza ya ICK (Institut Catholique de Kabgayi). Indirimbo ye nshya “Amashimwe” ayisanisha n’urugendo rwe rw’ubuzima rugaragaza uburyo Imana yamufashije mu bihe bitandukanye.

Yagize ati: “Mu buzima dukwiriye guhora dushima Imana. Iyo ndebye aho Imana yankuye bituma ngira ishimwe mu mutima.”

Aime Christian avuga ko indirimbo ye yayitekereje nyuma yo kwibuka imbabazi z’Imana zidashira, n’uko yamuhaye ibisubizo mu gihe cy’amakuba. Iri jambo ry’ishimwe ni ryo ryamuteye kuvuga ati: “Ibiri mu mutima wange byose ndetse nanjye ubwanjye bigushimishe, biguhimbaze iteka ryose.”

Indirimbo “Amashimwe” yakozwe mu buryo bw’amajwi (audio) na Producer Isaie’s Son, aho azayisohora mu buryo bwa lyrics (amagambo y’indirimbo yiyandika ku mashusho). Yatangaje ko abavandimwe be bagize uruhare runini mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi ndirimbo.

Aime Christian afite intego yo gukora umuziki nk’umwuga wuzuyemo ivugabutumwa, aho aharanira gukomeza guhanga ibihangano bivuga ubutumwa bw’Imana.

Yemeza ko icyo azatandukaniho n’abandi bahanzi ari uko indirimbo ze zizagira uruhare mu gukiza no guhumuriza imitima ya benshi, bigatuma benshi barushaho kwegera Imana no kuyishimira.

Asoza yagize ati: “Ivugabutumwa ryanjye rizomora imitima ya benshi, bazarushaho kugwiza imbaraga no gushima Imana binyuze mu ndirimbo zange.”

Uyu muramyi, T. Aime Christian, arateganya gukomeza gusohora izindi ndirimbo zitandukanye, zose zigamije gukomeza kuvuga ubutumwa bwiza

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Ibitekerezo Byatanzwe

Wow congrats 👏🎉
Imana iguhaze ibyiza waa🫂🙏

Cyanditswe na:   »   Kuwa 05/10/2025 09:24

Ww congratulations musore wange lmana igushyigikire natwe tukurinyuma

Cyanditswe na: Umwari   »   Kuwa 05/10/2025 03:53

Christia Imana yagure imbago zawe Kandi umuhate wawe ukomeze kugira agaciro oanini mu maso yImana kd natwe biduteye ishema ,Inshallah ntakidashobokera Imana humura🤝🤝🤝🤝

Cyanditswe na: Valerie   »   Kuwa 01/10/2025 16:16

God be glorified in whole nations 🙏 christian may your name be your personalities. We can’t wait watch it.

Cyanditswe na: obed nijyimbere   »   Kuwa 01/10/2025 14:13

God be glorified in whole nations 🙏 christian may your name be your personalities. We can’t wait watch it.

Cyanditswe na: obed nijyimbere   »   Kuwa 01/10/2025 14:13