Umuyobozi wa Heart of Worship in Action Foundation, Willy Gakunzi, yavuze ko kongera gutumira abaramyi Ben na Chance muri Canada byaturutse ku buryo bakoranye neza ku nshuro ya mbere ndetse n’umusaruro mwiza wabonetse muri ibyo bikorwa by’ivugabutumwa.
Ben na Chance bagiye gutaramira muri Canada mu bitaramo bizabera mu Mujyi wa Ottawa ku wa 27 Kamena 2026, bakomereze muri Montreal ku wa 28 Kamena 2026, bazasoreze muri Toronto kuwa 04 Nyakanga 2026. Amatike aragura $40, $50 ndetse na $70.
Uko wagura itike y’ibitaramo byatumiwemo Ben na Chance:
Ottawa: https://www.eventbrite.ca/e/1988453801849?aff=oddtdtcreator
Montreal: https://www.eventbrite.ca/e/1988527044921?aff=oddtdtcreator
Toronto: https://www.eventbrite.ca/e/1988528863360?aff=oddtdtcreator
Mu kiganiro na Paradise, Willy Gakinzi yavuze ko ubwo baheruka gukorana, bakoze ibiterane mu mijyi itanu bigatanga umusaruro ukomeye mu buzima bw’ababyitabiriye, akaba ariyo mpamvu bongeye kubatumira muri Let’s Worship Together 2026.
Yagize ati: “Twongeye gutumira Ben na Chance kubera ko ku nshuro ya mbere twagiranye ibihe byiza cyane. Twakoreye mu mijyi itanu duhura n’abantu benshi. Hari abakiriye agakiza, hari abakize indwara, hari abakiriye ibitangaza byabo, natwe duhabwa umugisha.”
Willy Gakunzi yavuze ko mu mwaka ushize wa 2025 batabashije gukora iki giterane ngarukamwaka kubera izindi nshingano bari bafite, ariko ko bahisemo kongera kugitegura muri uyu mwaka wa 2026, ku wa 27 Nyakanga.
Ati: “Umwaka ushize ntitwakoze iki giterane kuko twari dufite ibindi duhugiyemo, dufata umwanzuro wo kukirenza tukazongera gukora muri uyu mwaka.”
Yasobanuye ko impamvu nyamukuru yo kongera gutumira Ben na Chance ari urukundo babafitiye, uburyo bakoranye neza ndetse n’impano y’Imana bababonamo. “Icya mbere turabakunda, icya kabiri twakoranye neza, ikindi ni uko tuzi ko bafite impano y’Imana.”
Yakomeje avuga ko uko Imana ikomeza gukora umurimo wayo, ijya izamura abantu ku nzego zitandukanye, agaragaza ko Ben na Chance na bo bagiye bazamurwa mu rwego rw’umurimo bakora.
Yagize ati: “Iyo Imana iri gukora ikintu hari intambwe ikurikiza. Kuba baza hano muri Canada ni urundi rwego Imana yagiye ibazamuramo.”
Yavuze ko aba baramyi bamaze gukorera ibitaramo n’ibiterane ahantu hatandukanye harimo Australia, Tanzania ndetse no mu bihugu byo mu karere, ibintu agaragaza nk’ikimenyetso cyo gukura k’umurimo wabo.
Willy Gakunzi yanashimye uburyo igitaramo cya Easter Jubilee Ben na Chance bakoreye muri BK Arena cyakiriwe neza n’abantu benshi.
Ati: “Igiterane gikomeye bakoreye muri BK Arena twacyakiriye neza cyane. Njye nari nzi ko izuzura, kandi koko Abanyakigali baritabiriye cyane bumva ubutumwa bwiza.”
Yakomeje avuga ko yizeye ko nk’uko bakoreshejwe mu gutanga umugisha i Kigali, no muri Canada abantu bazabona ibihe by’umugisha bidasanzwe.
“Nizera ko bataducuze ngo bamare imigisha yose i Kigali, natwe abantu ba Toronto, Ottawa na Montreal aho tuzakorera uyu mwaka tuzagira ibihe byiza cyane.”
Yagaragaje ko uyu mwaka wa 2026 bazanye ibintu byinshi bishya kandi biri ku rwego rwo hejuru kurusha ibyo bakoze ubushize.
Yagize ati: “Ubushize twari muri ‘Zaburi Yanjye’, (yerekezaga ku ndirimbo bari bakunzwemo) ariko ubu noneho ni ‘Igikombe Cyanjye(yerekeza ku ndirimbo kuri ubu bakunzwemo) cyaruzuye’, kigera aho gisesekara kugira ngo n’abandi babiboneremo umugisha.”
Yavuze kandi ko muri ibi biterane bizamara iminsi itatu bazafatanya na Pastor Jackson Mugisha, ibintu yavuze ko bizatuma habaho ibihe byihariye byo kuramya no gukura mu buryo bw’umwuka.
Pastor Willy washinze umuryango Heart of Worship in Action Foundation ari nawo utegura ibitaramo ngarukamwaka bya Let’s Worship Together, yagize ati: “Twagiriwe umugisha na Pastor Jackson Mugisha na we tuzabana muri ibyo biterane byose uko ari bitatu.”
Willy Gakunzi yavuze ko Let’s Worship Together 2026 atari igikorwa cy’itorero rimwe gusa, ko ahubwo ari uguhuriza hamwe umubiri wa Kristo.
Yaboneyeho gutumira abantu bose batuye muri Canada ndetse no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zegereye Canada nka Michigan na New York kugira ngo bazitabire ibi biterane.
Ati: “Si itorero runaka ryabiteguye, ni uguhuriza hamwe umubiri wa Kristo kugira ngo turamye ndetse twige ibintu bidufasha mu kwizera kwacu.”
Imana izigaragariza abazitabira nk’uko byagenze muri BK Arena, ubwo Ben and Chance bahataramiraga!