× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Aho hantu urimo kurwanira hagira irindi zina, iyo igihe kigeze ni ho utsindira-Prophetess Selena

Category: Bible  »  October 2022 »  Editor

Aho hantu urimo kurwanira hagira irindi zina, iyo igihe kigeze ni ho utsindira-Prophetess Selena

IMANA YAKOBO YABONEYE I PENUELI Itangiriro 32:31-

Yakobo yita aho hantu Penuweli ati "Ndebesheje Imana amaso, sinapfa." Muri iki gitondo, nongeye gufashwa n’ukuntu Yakobo yahuye n’Imana ageze i Penuweli. Ijambo "Penuweli" risobanura "guhura n’Imana imbona nkubone". Ni ahantu Imana yahisemo kwigaragariza Yakobo nyuma y’igihe kinini yari amaze ari mu bibazo, arwana intambara zimukomereye.

Hari ibintu 4 nakunze cyane mu gihe natekerezaga kuri iki cyanditswe.

1. I Penuweli Yakobo yahageze amaze iminsi mu ntambara z’urudaca. Muri iryo joro yari yaraye akanuye. Aho ugeze ubu hashobora kuba ari Penuweli. Ahantu urara ukanuye, aho uburira ibitotsi!

2. I Penuweli Yakobo yaraharwaniye "Ni ahantu yakiraniye na malayika w’Imana" ni ahantu yakomerekejwe ku Itako! Ushobora kuba umaze iminsi ku rugamba. Wararwanijwe, warakomerekejwe!.

3. I Penuweli niho Yakobo yahinduriye izina ndetse n’amateka. Penuweli ntabwo habaye aho kurwanira gusa, habaye n’aho kwakira intsinzi. Aho hantu urimo kurwanira hagira irindi zina: Iyo igihe kigeze ni ho utsindira! Aho wakomerekeye hagira irindi zina ni na ho "uhindurira izina" "n’amateka". Haracyari umugisha wawe!.

4. I Penuweli ni ho izuba ryarasiye. Aho izuba rya Yakobo ryarengeye (ijoro ribi rikahamusanga, ijoro ridaca ijoro yatandukaniyemo n’abagore be n’abana be n’amatungo ye atazi ikiba mu gitondo!)ni naho izuba ryarasiye. Aho ubona izuba rikurengeraho, ni naho uzaribona rikurasiraho! Kimwe na Yakobo, ibi nawe uzabirebesha amaso.

Mugire Icyumweru kiza. Amen.

Prophetess Selena

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Ibitekerezo Byatanzwe

Thank you for the word of the day May God bless you!!

Cyanditswe na: Emiile   »   Kuwa 30/10/2022 06:26

All done for the good to those who’re in Christ Jesus" Amen!

Cyanditswe na: Emiile   »   Kuwa 30/10/2022 06:25