× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Abayisilamu bibutse Aburahamu wemeye gutamba Ishimayeli kuri Eid al-Adha

Category: Ministry  »  3 hours ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Abayisilamu bibutse Aburahamu wemeye gutamba Ishimayeli kuri Eid al-Adha

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2026, Abayisilamu bo hirya no hino ku Isi bizihije Eid al-Adha, umwe mu minsi mikuru ikomeye cyane mu idini ya Islam, uzwi kandi nk’“Umunsi Mukuru w’Igitambo” cyangwa “Feast of Sacrifice”.

Uyu munsi mukuru wizihijwe nyuma y’umunsi wa Arafah wabaye ku wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi 2026, mu gihe abarenga miliyoni z’Abayisilamu bari barangije umutambagiro mutagatifu wa Hajj i Maka muri Arabia Saoudite.

Eid al-Adha iba yibuka umuhanuzi Ibrahim (Aburahamu), wemeye gutamba umwana we Isimayeli (bo bavuga Isimayeli aho kuba Isaka, kuko Isimayeli ari we ukomokwaho n’Abarabu, kandi Muhammed akaba yari Umwarabu) kubera kumvira Imana.

Mu myizerere ya Islam, mbere y’uko abitanga, Allah yamuhaye intama yo gutamba mu mwanya w’umwana we, ibintu bifatwa nk’ikimenyetso cy’ukwizera no kumvira Imana.

Mu bihugu byinshi birimo Arabia Saoudite, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Qatar, Kuwait, Misiri, Turukiya n’ibindi, Abayisilamu babyukiye mu masengesho ya Eid akorwa mu gitondo, nyuma basabana n’imiryango yabo, basura inshuti ndetse batanga impano n’ibiribwa ku batishoboye.

Kimwe mu bikorwa by’ingenzi biranga Eid al-Adha ni igitambo cya Qurbani, aho abafite ubushobozi babaga intama, ihene cyangwa inka, inyama zigahabwa abo mu muryango, inshuti ndetse n’abakene.

Mu rwego rwo gufasha abatishoboye, imiryango myinshi ya kiyislamu n’imiryango y’ubutabazi yakusanyije inkunga n’inyama zo gufasha imiryango itifashije, cyane cyane mu bihugu biri mu ntambara cyangwa bifite ibibazo by’ubukene.

Nubwo ibihugu byinshi byemeje ko Eid al-Adha yabaye ku wa 27 Gicurasi 2026 hashingiwe ku mibare y’ukwezi n’itangazo rya Arabia Saoudite, hari uduce tumwe two muri Aziya y’Amajyepfo twatangaje ko two tuyizihiza ku wa 28 Gicurasi bitewe n’uburyo bwo kureba ukwezi bushingiye ku maso.

Mu masengesho no mu butumwa bwatanzwe n’abayobozi b’amadini ya Islam, hibanzwe ku mahoro, gufashanya, kwicisha bugufi no gufasha abakene.

Abayisilamu benshi bagaragaje ko Eid al-Adha 2026 ibaye mu gihe Isi ikomeje guhura n’ibibazo birimo intambara, ubukene n’indwara, bityo basaba ko uyu munsi mukuru wakomeza kuba umwanya wo gusaba amahoro n’ubumwe bw’abantu bose.

Eid al-Adha ni umwe mu minsi mikuru ibiri ikomeye muri Islam, hamwe na Eid al-Fitr iba nyuma y’ukwezi kwa Ramadan.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.