Abagabo n’abagore benshi bazahamya ko amasengesho yabo yahinduye ubuzima, arokora ubuzima, yimura imisozi, ashyigikira kwizera, abanyuza mu bihe bikomeye, nibindi byinshi. Hano hari impamvu zikomeye zo gusenga buri munsi.
1. Amasengesho araturinda
1Timoteyo 2: 1-2 arakangurira abantu gusengera umuntu wese ufite ubutware kugira ngo ubuzima bubeho mu mahoro n’ituze mubwera no kubaha Imana.
Niba usenga ni ukurinda wowe ubwawe, umuryango wawe, nabandi, abamarayika n’imbaraga zo kukurinda bakuzengurutse kandi bakurinde ibyago. Iyi ni imwe mu mpamvu zikomeye zo gusenga.
2. Amasengesho ahindura ibintu
2 Ngoma 7:14 havuga ko abantu nibicisha bugufi, bagasenga, bakava mu byaha, Imana izabumva, ibabarire ibyaha byabo, kandi ikize igihugu. Amasengesho ahindura ibihe, abantu, nuburyo bw’umwuka bw’igihugu.
3. Amasengesho agukomeza mu bushake bw’Imana
Abantu benshi bibaza rimwe na rimwe niba bakora ibintu Imana ishaka. Bashobora guhura n’icyemezo kitoroshye cyangwa bashaka gutangira ibintu bishya bakibaza icyo Imana ishaka ko bakora.
Gusengera ibibazo n’kibi bizagufasha kubona no kuguma mu bushake bw’Imana. Mu gihe usenga, menya neza kumva ijwi rituje.
4. Amasengesho akwegereza Imana
Nzi neza ko ushaka kumva wegereye Imana kandi gusenga bigufasha kuyiyegereza rwose. Nk’uko tumarana umwanya n’inshuti byongera ubucuti bwacu, kumarana umwanya n’Imana byongera cyane umubano wawe. Igihe kinini umara, niko urushaho kumenyana no gukundana. Iyemeze igihe cyo kuganira n’lmana.
5. Isengesho ryongera urwego rw’ibyishimo
Ubushakashatsi bwerekana ko abantu basenga buri gihe bahura n’ibibazo kandi bakumva bishimye. Ubushobozi bwo kumenyesha Imana ibitekerezo byawe, ibyiyumvo byawe, byubaka kwizera ukumva wishimye.
6. Amasengesho aguha ibyiringiro
Rimwe na rimwe, ubuzima bushobora gutuma wiheba mu mutima cyangwa kureka ibyiringiro byawe cyangwa inzozi. Amasengesho nigisubizo cyawe cyo kwiheba. Jya usenga kandi wizere. Ntuzigere utakaza ibyiringiro
7. Amasengesho agabanya kwikunda. Ntekereza ko twese dushobora kwemera ko rimwe na rimwe dushobora guhinduka. Iyemeze gusenga ubudasiba kandi ureke umubiri wawe usimburwe na kamere yawe y’umwuka.
8. Amasengesho arakiza
Amasengesho ntabwo azana gukira k’umubiri gusa, ahubwo anakiza amarangamutima. Yakobo 5:15 hagira hati: Isengesho ryo kwizera rizakiza umurwayi kandi Uwiteka azamuzura. Niba kandi yarakoze ibyaha, azababarirwa. Hariho ingero nyinshi muri Bibiliya aho abagabo, abagore, abana bakize.
Amasengesho yo gusabira abarwayi agomba gusengwa buri munsi, kuko mu by’ukuri hariho imbaraga mumasengesho nkaya.
9. Amasengesho yongerera imbaraga z’Umwuka
Nk’uko ibiryo byiza biha umubiri wawe intungamubiri n’imbaraga, gusenga no gusoma Ijambo ry’Imana bigaburira kamere yawe y’Umwuka. Mu gihe uganira n’Imana mu masengesho, urimo gukuramo imbaraga kandi abo usengera nabo bahabwa imbaraga.
10. Amasengesho aduha amahoro
Abafilipi 4: 6-7 idukangurira gusenga Imana ibibazo, Umwuka Wera arashobora kuguha amahoro ndengakamere no mubihe bikomeye. Fata umutima wawe, ubwoba, hamwe n’impungenge zikomeye maze ubyereke lmana mu masengesho.
Niba waribazaga niba ugomba gusenga cyangwa gufata umwanya munini wo gusenga, igisubizo ni Yego!