× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Yavuzwe kenshi mu buhanuzi - Ibintu 5 by’ingenzi kuri Reza Pahlavi wifuza kuba Umuyobozi wa Iran

Category: Leaders  »  3 hours ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Yavuzwe kenshi mu buhanuzi - Ibintu 5 by'ingenzi kuri Reza Pahlavi wifuza kuba Umuyobozi wa Iran

Reza Pahlavi yifuza kuyobora Iran, igihugu cyahoze cyitwa Persian Empire cyangwa ubwami bw’abami bw’Abaperesi buvugwa cyane muri Bibiliya nk’ubwagize uruhare rukomeye mu mateka y’Abayahudi.

Ese uyu mugabo ushaka kuyobora iki gihugu cyizwi mu gusohoza imigambi y’Imana, nubwo cyari igihugu gikomeye mu ntambara nk’uko bikimeze uyu munsi, ni muntu ki?

Iki gihugu, umwami wacyo uzwi cyane ni Kuro cyangwa Cyrus the Great, wamaze gutsinda Babiloni akemerera Abayahudi bari mu bunyage gusubira i Yerusalemu kubaka urusengero rwabo, ibintu byatumye agaragazwa mu Byanditswe nk’umwami wakoreshejwe n’Imana.

Izina rya Reza Pahlavi, wahoze ari igikomangoma cya Iran uba mu buhungiro, ryongeye kuvugwa cyane ku rwego mpuzamahanga nyuma y’aho Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran Ayatollah Ali Khamenei yiciwe mu bitero byahuriyemo Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel.

Ibitero byatangijwe ku wa Gatandatu ushize ku wa 28 Gashyantare 2026, bitangijwe na Donald Trump ku bufatanye na Guverinoma ya Israel iyobowe na Benjamin Netanyahu, byari bigamije gusenya ubushobozi bwa gisirikare bwa Iran no gushyigikira impinduka za politiki nyuma y’uko ibiganiro ku mushinga wa kirimbuzi byari byapfubye.

Muri ibi bihe by’impinduka zikomeye, Pahlavi yongeye kugaragara nk’umwe mu bantu bashobora kuyobora inzibacyuho muri Iran. Dore ibintu bitanu by’ingenzi bimuranga:

1. Ubuzima bwe bwa politiki bwubakiye ku buhungiro

Yavukiye i Tehran mu 1960, ariko ava muri Iran akiri ingimbi ajya kwiga iby’indege za gisirikare muri Amerika. Nyuma ya Revolisiyo cyangwa impinduramatwara ya 1979 yahiritse ubwami bwa se, ntiyongeye gusubira mu gihugu cye.

Yabaye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hamwe n’umugore we Yasmine Etemad Amini n’abakobwa babo batatu. Mu myaka irenga 40 amaze mu buhungiro, yagerageje kwiyubakira umwirondoro nk’umwe mu bayoboye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tehran.

Nubwo atari mu gihugu, yagiye ashimangira ko ejo hazaza ha Iran hakwiriye kugenwa n’abaturage ubwabo binyuze mu itorwa n’itegeko nshinga rishya, aho gusubizaho ubwami mu buryo busa nk’ubwikora.

2. Yinjiye muri politiki akiri muto cyane

Pahlavi yagizwe igikomangoma afite imyaka 7 gusa, mu birori byo kwimika se, Mohammad Reza Pahlavi, mu 1967.

Yakuze azengurutswe n’imihango y’ibwami, ahabwa amasomo ajyanye n’ubuyobozi n’umuco wa cyami. Yanakundaga cyane indege, ku buryo yize amasomo yo gutwara indege akiri muto mbere yo kujya gukomereza amasomo muri Amerika.

Uwo murage w’ubwami ni wo utuma bamwe bamubonamo umuntu ushobora kongera kunga igihugu, mu gihe abandi babona ko amateka y’ubwami bwa se akiri umutwaro uremereye.

3. Ashyigikiye igihugu kidafite ubuyobozi bushingiye ku idini

Mu bihe bitandukanye, Pahlavi yagaragaje ko ashaka Iran itandukanya idini na Leta, ishingiye ku matora aboneye n’itegeko nshinga rishya.

Yasobanuye ko hakwiye kubanza kubaho inzibacyuho, hagashyirwaho inteko itegura itegeko nshinga rishya, rikazemezwa n’abaturage muri referandumu.

Yavuze kenshi ko atifuza gusubizaho ubwami mu buryo bwikora, ahubwo ko icy’ingenzi ari ubushake bw’abaturage ba Iran.

4. Abaturage ba Iran baracyamwibazaho

Ubushakashatsi bwagiye bukorwa bwerekana ko hafi kimwe cya gatatu cy’abaturage ba Iran bamushyigikiye, mu gihe undi mubare ungana na wo umwamagana bikomeye.

Abasesenguzi bavuga ko ubutegetsi bwa se bwavuzweho igitugu no kwiyegereza cyane Amerika, ibintu bigikomeje gutuma hari hari abamwanga. Ariko kandi hari abamubonamo umuyobozi ushobora gusubiza Iran mu murongo mpuzamahanga no kurangiza ibibazo by’ubukungu.

5. Mu minsi ya vuba yafashe umurongo ukarishye

Nyuma y’imyaka myinshi ashyigikira impinduka zidahutaza, Pahlavi aherutse gusaba abaturage gukomeza imyigaragambyo.

Yanasabye Amerika kwibasira inzego z’umutekano za Iran zirimo Igisirikare cy’Abayisilamu (Islamic Revolutionary Guard Corps), agaragaza ko ari zo nkingi y’ubutegetsi buriho.

Nyuma y’ibitero bya Amerika na Israel, yavuze ko inkunga yasezeranyijwe abaturage ba Iran yatangiye kubageraho, ariko asaba ko hakorwa ibishoboka byose kugira ngo abasivili batagwa mu bitero.

Mu gihe Iran iri mu bihe bikomeye by’impinduka, izina rya Reza Pahlavi ryongeye kuzamuka mu biganiro bya politiki mpuzamahanga. Nubwo atari mu gihugu kuva mu 1979, aracyafatwa nk’umwe mu bantu bashobora kugira uruhare rukomeye mu cyerekezo cya Iran.

Icyakora, ikibazo gikomeye gisigaye ni ukumenya niba koko afite inkunga ihagije mu gihugu imbere yo kuyobora inzibacyuho ishobora guhindura amateka ya Iran burundu.

Umugore yafashe amafoto ya Reza Pahlavi, Benjamin Netanyahu na Donald Trump mu gihe Abaturage ba Irani baba muri Amerika bari bari kwizihirwa i Los Angeles, nyuma y’itangazo ko Amerika na Israel batangiye igitero kuri Iran.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.