× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Umurishyo w’Ingoma za Hillsong London ugiye kongera kumvikana i Kigali mu mpera z’uyu mwaka

Category: Choirs  »  November 2022 »  Nelson Mucyo

Umurishyo w'Ingoma za Hillsong London ugiye kongera kumvikana i Kigali mu mpera z'uyu mwaka

Ubugira kabiri, Hillsong London igarutse gutaramira abanyarwanda.

Mu mugihe mu mpera z’uyu mwaka hateganyijwe ibitaramo bikomeye, icya Hillsong London nacyo cyamaze kwemezwa.

Hillsong London izacuranga mu birori biteganyijwe kubera muri BK Arena ku wa Gatanu tariki ya 25 Ugushyingo 2022.

Si ubwa mbere bataramira muri BK Arena kuko igitaramo cyabo giheruka mu 2019 cyabereye aho iki kindi giteganyijwe.

Kuri ino nshuro, abazifuza kwitabira iki gitatamo cya “Hillsong London Live in Kigali” bazishyura 5,000 Frw mu myanya isanzwe, 20,000 Frw muri VIP na 50,000 Frw muri VVIP.

Integuza y’iki gitaramo ntiyamenyesheje abazasangira agatuti (Stage) na Hillsong London.

Hillsong London imaze kuba ubukombe mu bihugu bitandukanye ku bw’umurishyo w’ingoma n’amajwi meza mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Nubwo benshi bitiranya iri tsinda na Hillsong ibamo Darlene Zetch mu itorero Hillsong Church riyobowe na Houston, iri tsinda ryo ni iryo muri London mu Bwongereza, gusa akaba ari ishami rya Hillsong yo muri Australia ndetse no mu bitaramo bakora banakoresha indirimbo zayo.

Hillsong London igiye kugaruka i Kigali

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.