× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Umunsi wa 3 wo Gusengera Gushobozwa hamwe na Pastor Christian Gisanura

Category: Pastors  »  3 weeks ago »  Pastor Christian Gisanura

Umunsi wa 3 wo Gusengera Gushobozwa hamwe na Pastor Christian Gisanura

Ku munsi wa gatatu w’amasengesho yo gusengera gushobozwa, Pastor Christian Gisanura yagarutse ku butumwa bushingiye ku gushaka ubufasha bw’Imana mu bihe byose, yibutsa Abakirisitu ko Imana ari yo soko y’ubugingo n’ibisubizo byose.

Mu nyigisho yatanze, Pastor Gisanura yagarutse ku magambo ya Bibiliya agaragaza ko abantu bose bashobora kuganduka no kumvira Imana ariko bakabura imbaraga zo kubishyira mu bikorwa.

Yifashishije amagambo yo muri Yohana 7:13-14 avuga ko: “Umuntu wese unywa aya mazi (asanzwe) azongera kugira inyota, ariko ko umuntu unywa amazi Yesu azamuha atazongera kugira inyota.”

Yagize ati: “Amafaranga duhembwa arashira, imyaka twejeje irashira, ariko hari icyo twahawe gikomeye—isoko y’amazi y’ubugingo. Iyo soko ni yo itwinjiza mu bubiko bw’ibisubizo by’Imana.”

Pastor Gisanura yakomeje ashimangira ko gushobozwa atari ugushaka imbaraga zacu bwite, ahubwo ko ari ukwihuza n’isoko iturimo—Imana ubwayo. Aha yagarutse ku magambo ari mu Befeso 3:20 avuga ko: “Imbaraga z’Imana ziturimo zikora, kandi ko ibasha gukora kuruta ibyo twibwira.”

Yongeyeho ko niba umuntu akeneye uwo bazabana cyangwa akazi, agomba kubisaba Imana mu isengesho yizeye ko izamushoboza. Yifashishije amagambo yo muri Yesaya 58:11 asobanura ko Uwiteka azajya ayobora umuntu wese wizeye: “Uzaba nk’isoko y’amazi adakama.

Mu butumwa bwe, yagarutse no ku ngingo zifatika zo mu buzima bwa buri munsi, asaba Abakirisitu kwirinda gukora ibintu ku nyungu zabo bwite, ahubwo bakabikorera Imana. Yagize ati:
“Imana ni isoko ya byose—ubwenge, ibyishimo, n’ubumenyi. Tugomba kwitoza guhora duhujwe n’iyo soko, kugira ngo ubuzima bwacu buzahage mu gihe abandi bashobora kuzaba barira.”

Yibukije buri wese kwibuka imirimo Imana yamukoreye no gukora imirimo myiza, kuko ari yo izamubera umucyo umukura mu mwijima.

Isengesho ry’umunsi wa gatatu ryashojwe n’ijambo rikomeye ryibutsa ko “Isoko dufatiyeho idakama.” Pastor Christian Gisanura yasabye Imana gushoboza buri wese kugira ukwizera gukomeye, kuko byose bishobokera uwizeye.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Ibitekerezo Byatanzwe

Nibyiza Cyane dukwiye kubizirikana Igihe byose

Cyanditswe na: EUGENE Kigezi   »   Kuwa 25/08/2025 09:03

Ibyobintu ningezi Cyane kuko birubaka Ukwemera bikanubaka Umuryango

Cyanditswe na: EUGENE Kigezi   »   Kuwa 25/08/2025 09:00

Inyigisho zawe no ingirakamaro njye nkurikirana inyigisho zawe Kandi haraho zimaze kungeza Umwami Imana ikomeze ikomgerere amavuta

Cyanditswe na: Sendegeya Augustin  »   Kuwa 25/08/2025 07:01