× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Umukobwa w’umurokore yitabye lmana nyuma y’uko urukiko rumubujije kwivuriza mu nzobere zo hanze

Category: Health  »  September 2023 »  Alice Uwiduhaye

Umukobwa w'umurokore yitabye lmana nyuma y'uko urukiko rumubujije kwivuriza mu nzobere zo hanze

Umukirisitu w’imyaka 19 ukomoka i Birmingham, mu Bwongereza, yapfuye nyuma y’uko urukiko rwamubujije kwivuriza mu nzobere zo mu mahanga.

Umukobwa w’umukirisitu witwa Sudiksha Thirumalesh yapfuye nyuma y’uko urukiko rumubujije kwivuriza hanze nk’uko bitangazwa n’itsinda ry’Abanyamerika. Iri tsinda ryamaganye icyemezo cy’urukiko rwanze ko uyu mukobwa ajya kwivuza hanze.

Sudiksha yari amaze amezi arenga atandatu asaba uruhushya rwo kujya muri Canada kwivuza kugira ngo avurwe indwara ye idasanzwe (mitochondrial), ndetse bari bakusanyije inkunga yo kwivuza.

Sudiksha yarwaye imitsi idakira, no kwangirika kw’impyiko. Ibitaro byari byasabye Urukiko kwemeza “gahunda yo kuvura indwara ya palliative,” kuko byamuviramo gupfa mu minsi mike azize impyiko igihe yaba atagiye kwivuza.

Sudiksha yari ashoboye kuvuga uburwayi bwe bwose. Yari yavuze ko ashaka kugerageza kubaho, ariko amategeko y’urukiko yamubujije kubikora.

Ubutabera bwemeje ko Sudiksha adafite ubushobozi bwo gufata ibyemezo ku bijyanye n’ubuvuzi bwe. Umuryango we wagize uti: “Twababajwe cyane n’uko twafashwe n’ikizere cy’ibitaro n’inkiko. Niba hashize amezi atandatu yemerewe kwivuza nucleoside, birashoboka ko ubu yari kuba akiri kumwe natwe agakira. ”

Andrea Williams, umuyobozi mukuru w’ikigo cyemewe n’amategeko cya Christian Concern Centre Christian Legal Centre, yagize ati: "Uru rubanza rubabaje cyane rwerekanye ko hakenewe ivugururwa ryihuse ryerekana uburyo ibyemezo by’ubuvuzi bikomeye bifatwa muri NHS no mu Nkiko."

Sudiksha yari yarakuriye mu muryango wa gikirisitu, umuryango we wakusanyije amafaranga yo kumuvuza. Yakomeje kwitabwaho cyane kuva ubuzima bwe bwifashe nabi nyuma yo kwandura Covid-19 muri Kanama 2022.

Muri Gashyantare 2023, ibitaro byasabye Urukiko gukuraho inyandiko y’ububasha irambye y’avoka Sudiksha yatanze, yemerera ababyeyi be gufata ibyemezo mu izina rye.

Src: Christian Post

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.