× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Twaganiriye! Rev Kayumba twamubajije amagambo 2 y’ubwenge agenderaho n’ikintu yabaza Imana bahuye Live

Category: Entertainment  »  January 2023 »  Sarah Umutoni

Twaganiriye! Rev Kayumba twamubajije amagambo 2 y'ubwenge agenderaho n'ikintu yabaza Imana bahuye Live

Rev. Kayumba Fraterne umwe mu baparaperi mu muziki wa Gospel, yagiranye ikiganiro cyihariye na Paradise.rw, agaruka kuri byinshi bijyanye n’ubuzima bwe ndetse n’umurimo w’Imana.

Ikiganiro twagiranye na Rev Kayumba ni icyo mu bwoko bwa Q&A aho tugaragaza ikibazo twamubajije ndetse n’igisubizo yaduhaye nta kintu na kimwe duhinduyeho. Mbere yo kukugezaho iki kiganiro ariko turabanza kukubwira muri macye Rev. Kayumba uwo ari we.

Ni umuhanzi akaba n’umupasiteri wasengewe mu mwaka wa 2005. Ni Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Jehovah Tsdikenu Ministries ukorera ivugabutumwa kuri interineri aho asengera abantu batandukanye biganjemo ab’ibyamamare nk’uko bagiye babyitangiramo ubuhamya.

Mu myaka yashize, Miss Rwanda 2009 Grace Bahati yatangarije itangazamakuru ko yakiriye agakiza nyuma yo gusengerwa na Rev Kayumba. Mu muziki, Rev Kayumba amaze gukora indirimbo zirimo "Mureke Ibiyobyabwenge" yakoranye na P Fla & Jack B. Hari n’iyo yakoranye na Diana Kamugisha.

Azwi mu ndirimbo "Worship God in hiphop" aririmbamo ko abazajya mu ijuru bazaramya Imana muri Hiphop gusa. Mu 2022 yumvikanye ari mu mashimwe nyuma yo gusezerera ku kugenda kuri moto akagura imodoka ye bwite ifite agaciro ka Miliyoni 10 z’amanyarwanda, kandi akaba yarayikuye mu bikorwa bifite aho bihuriye n’umuziki wa Gospel akora.

Paradise.rw: Rev. Kayumba akunda iki mu buzima busanzwe?

Rev. Kayumba: Nkunda gutega amatwi umuntu arimo kumbwira ibibazo bye, nkongera gushimishwa n’uko yampaye ubuhamya ko byatunganye, ntibagiwe no kwitanga muri njyewe.

Paradise.rw: Ni iki cyakubabaje mu buzima ?

Rev. Kayumba: Hari umuntu twari twapanganye Umushinga w’Ubuzima bwacu birangira ampemukiye.

Paradise.rw: Ni iki cyagushimishije mu buzima ?

Rev. Kayumba: Icyanshimishije ni uko nateye imbere mu buryo ntabitekerezaga. Ikinshimisha ni uko Imana indinda umunsi ku munsi kandi ikampa no gutera imbere.

Paradise.rw: Ukunda kurya iki no kunywa?

Rev. Kayumba: Nkunda ibyo kurya bya kinyarwanda, amateke, ibijumba, ubugali bw’amasaka.
Icyo kunywa, nywa ibintu bitarimo Alcool, Juice na African Tea.

Paradise.rw: Wabaye umuvugabutumwa ryari?

Rev. Kayumba: Umwaka wa 2005

Paradise.rw: Tubwire abahanzi 3 ukunda

Rev Kayumba:: Meddy, Pastor Bugembe, Lecrae na Priscilla

Paradise.rw: Tubwire abapasiteri 3 ukunda

Rev Kayumba: Pastor John Huge, Rev Natasha wo muri Kenya na Rev Dr. Antoine Rutayisire

Paradise.rw: Amagambo 2 y’ubwenge ugenderaho

Rev Kayumba: 1. Never break your promises. Keep every promise; it makes you credible.
2. Be happy with who you are. Being happy doesn’t mean everything is perfect but that you have decided to look beyond the imperfections.

Paradise.rw: Tubwire indirimbo 3 ukunda cyane

Rev Kayumba: 1) God, You’re So Good. 2) I Surrender - Hillsong Worship. 3) Here I Am To Worship / The Call - Hillsong

Paradise.rw: Tubwire igihugu wasohokeramo nk’ukwezi kose ukishima cyane

Rev Kayumba: Rwanda (One&Only Gorilla’s Nest Hotel.

Paradise.rw: Ibintu 3 ku mukobwa ukunda

Rev Kayumba: Ubika ibanga, utiyandarika, Unyurwa n’uko ari, n’Umukobwa w’inyangamugayo.

Paradise.rw: Ikintu kimwe wabaza Imana muhuye Live

Rev Kayumba: Nk’uko umucamanza ari umuntu Imana yaremye, iyo afashe icyemezo agaca urubanza ntawe umuvuguruza. N’Imana ntacyo nayibaza kuko ibyo ikora byose iba ibizi kundusha kuko yo yandemye.

Paradise.rw: Icyanditswe ukunda cyane

Rev Kayumba: Zaburi 30:6 "Kuko uburakari bwe ari ubw’akanya gato, Ariko urukundo rwe ruzana ubugingo. Ahari kurira kwararira umuntu nijoro, Ariko mu gitondo impundu zikavuga.

Paradise.rw: Kubyuka usuhuza abantu kuri Groupe [AGT], ni bacye babishobora, wowe ubishobozwa n’iki?

Rev Kayumba: Ni umuco twatojwe kandi bimbamo.

Paradise.rw: Uyu mwaka uduhishiye iki

Rev Kayumba: Umwaka ni munini ibyo mbahishiye muzabibona vuba.

Paradise.rw: Kuba inshuti y’ibyamamare no kubasengera wabigezeho gute?

Rev Kayumba: Nkunda gusabana n’abantu bose ntarobanuye, kandi n’ibyo byamamare nabyo tuziranye, bamwe turi mu kigero kimwe, ibiganiro tugirana no gusengana nabo biranyorohera cyane.

————————————————----------------------------------------
End

Nawe niba ushaka ko tugirana ikiganiro cyihariye twandikire kuri [email protected]

Rev Kayumba akunze kubwiriza abarimo ibyamamare

Rev Kayumba hamwe na Miss Bahati Grace

Avuga ko nta kintu na kimwe yabaza Imana bahuye Live

Mu 2022 yaguze imodoka ya Miliyoni 10 Frw

Rev Kayumba aranezerewe cyane muri iyi minsi

RYOHERWA N’INDIRIMBO "MUREKE IBIYOBYABWENGE" YA REV KAYUMBA FT P FLA & JACK B

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.