Papi Clever na Dorcas ni imwe mu ma couple akunzwe cyane muri iki gihugu cy’ u Rwanda ndetse no hanze ku bw’ibihangano byiza bagira ndetse n’amajwi meza.
Umuryango w’abaramyi Papi Clever na Dorcas ni bamwe mu bahagaze neza muri iki gihugu cy’ u Rwanda mu muziki wa Gospel bitewe n’uburyohe buri mu bihangano byabo busemburwa n’amajwi yabo meza.
Iyi couple irakunzwe cyane dore ko mu minsi mike ishize ubwo bitabiraga igitaramo cya Chryso Ndasingwa bakigera kuri Stage BK Arena yose amashyi y’urufaya yasakaye mu bantu bose bari bitabiriye iki gitaramo.
Kuri uyu 26 Gicurasi 2024 ni bwo aba baramyi bashyize hanze indirimbo bise "Mu mutima wawe" yagiye hanze ku cyumweru saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo. Ije nyuma y’indirimbo baherutse gushyira hanze bafatanije na Merci Pianist bise "Mwamba uliopasuka".
Aba baririmbyi bakomeje kwerekwa urukundo rwinshi yaba mu ndirimbo zabo, haba mu bitaramo bitabira no ku mbuga nkoranyambaga bakoresha kuko bakomeje guhembura benshi mu muziki bakora wo gusingiza Imana wubakiye ku ndirimbo zegereza abantu intebe y’Imana. Bazwi cyane mu kuririmba bihebuje indirimbo zo mu gitabo.
Papi Clever na Dorcas basezeranye imbere y’Imana tariki 7 Ukuboza 2019 mu birori byabereye muri Kigali. Mbere yo gukora ubukwe, Dorcas w’ijwi rizira amakaraza, yari umuririmbyi muri Goshen Choir ya ADEPR Musanze, ndetse ubu akaba ari umuririmbyi w’imbere muri korali Hoziyana.