× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Niyonkuru Innocent yambikanye impeta y’urudashira n’umukunzi we Mugabekazi Pascaline

Category: Wedding  »  2 weeks ago »  Pastor Rugamba Erneste

Niyonkuru Innocent yambikanye impeta y'urudashira n'umukunzi we Mugabekazi Pascaline

Nyuma y’umuhango wo gusaba no gukwa wabereye muri salle ya HVP Gatagara, Niyonkuru Innocent na Mugabekazi Pascaline, bakomereje mu rusengero rwa ADEPR Paruwase Cyarwa, aho basezeranye kuba umubiri umwe, abashumba babahesha umugisha.

Abakristo n’abakozi b’Imana bari aho, basanganywe akanyamuneza kadasanzwe ku bw’abageni babo, dore ko ubukwe bwa Niyonkuru bwari butegerezanyijwe amatsiko menshi, aho yagiye mu murwa mukuru w’igihugu azana Mugabekazi Pascaline asize ab’i Huye.

Ibyishimo bivanze n’amashimwe n’impundu ni byo byaranze ibirori mu gihe cyo guhamya isezerano mu rusengero rwa ADEPR Paruwase Cyarwa.

Mu gitondo cyo kuwa Gatandatu, tariki ya 6 Ukuboza 2025, aho ababyeyi, inshuti n’abaririmbyi ba Korali Ebenezer ya ADEPR Cyarwa Tumba mu karere ka Huye, baherekeje Niyonkuru Innocent - umwe mu batoza b’indirimbo muri iyi korali, mu muhango wo gusaba no gukwa umukobwa yihebeye, Mugabekazi Pascaline uririmba muri Korali ya Isooko y’Amahoro ya ADEPR Kamashashi Kanombe mu mujyi wa Kigali.

Muri uwo muhango washimishije benshi, aba bombi bihitiyemo amagambo meza aryoheye amatwi, bayakuye mu gitabo cya Abaheburayo 6:14 havuga ngo: “Ni ukuri no kuguha umugisha nzawuguha, kandi no kukugwiza nzakugwiza.”

Nk’uko Paradise yabitohoje, umwe mu baririmbyi ba Korali Ebenezer yavuze ko ubukwe bwari burimo ibyishimo byinshi kandi bungutse andi maboko muri korali, bigaragaza umubano n’ubufatanye mu murimo w’Imana.

Niyonkuru Innocent yagize ati: “Umunsi wageze, niyemeje kuzarya iminsi mikuru ya Noheri n’ubunani ndi hamwe n’urubavu rwange ari rwo Pascaline Mugabekazi. Tuzafatanya kubaka umurimo w’Imana muri Korali Ebenezer.”

Korali Ebenezer imaze kuba icyitegererezo mu Ntara y’Amajyepfo, ikorera umurimo w’Imana muri ADEPR Cyarwa, aho ishyingira abasore n’inkumi babarizwamo, ndetse ikajya inafasha mu guhuza no gushyigikira abashakanye mu makorali atandukanye.

Niyonkuru Innocent yambikanye impeta na Mugabekazi

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Ibitekerezo Byatanzwe

Urugo rwiza bageni beza, innocent ndakwibuka pasteur,nsuhuriza umukazana mugenzi wange uti karibu mumuryango mugari 💕💞💕💞💞💞💞💞

Cyanditswe na: mu muryango mugari 💓💓💓💓💓💓  »   Kuwa 20/12/2025 05:41

Imana izabubakire, muzabyare hungu na kobwa, muzahorane amata kuruhimbi, Amen!

Cyanditswe na: @Wellars  »   Kuwa 18/12/2025 11:23

Urugo ruhire muryango mwiiiiza imana izabubakire rukomere ibakomereze amaboko ndabakunda

Cyanditswe na: Umurerwa Diane  »   Kuwa 18/12/2025 05:45

wari agahungu keza kamaringushyo Imana ihere uyu munsi ikunezeza imvi zizarinde ziba uruyenzi mwana wanjye ndagukunda n’Imana irabizi twabanye neza Pascaline ntazatume akamwenyu kawe kagenda

Cyanditswe na: xxxxxx  »   Kuwa 18/12/2025 05:05