Hagati y’Ugushyingo 2022 n’Ugushyingo 2024, Abakristo bagera ku 10,000 muri Nijeriya barishwe, na ho abasaga 9,300 barashimutwa cyangwa bakorerwa ihohoterwa, nk’uko bitangazwa na raporo ya 2025 yiswe Global Christian Relief (GCR) Red List.
Izi mvururu ziganje mu turere two mu majyaruguru ya Nijeriya tugendera ku mategeko ya shariya, aho imitwe y’abarwanyi nka Boko Haram, Fulani militants, n’Intara y’Iburasirazuba ya Leta ya Kisilamu bigarurira imidugudu y’Abakristo.
Izi nkozi z’ibibi zikunda kwibasira imidugudu yitaruye y’Abakristo, abayobozi b’amatorero, n’abakobwa bato, bigatuma abantu bahora bimuka no gutanga amafaranga menshi yo gutuma baticwa, ibituma basigara mu bukene bukomeye.
Nijeriya iza ku isonga mu isi mu bikorwa byo gushimuta Abakristo, irusha ibindi bihugu byugarijwe n’akaga nk’u Buhinde, Mexique, na Haiti.
Ku rwego mpuzamahanga, raporo yagaragaje ko ihohoterwa rikorerwa Abakristo ryakomeje kwiyongera kuva muri 2014, riterwa ahanini n’ubukana bw’iyobokamana rya Kisilamu, ivangura rikabije rishingiye ku myemerere, na guverinoma z’igitugu.
Ibihugu nk’Ubuhinde, Ubushinwa, na Myanmar na byo biri ku rutonde rw’ibihugu byugarijwe cyane n’ubwicanyi, itabwa muri yombi ry’Abakristo, no gusenya ibikorwa byabo.
N’ubwo ibi bibazo bikomeye, imiryango nka GCR ikomeza gutanga ubufasha bw’ibanze, guhungisha abantu, no kwamagana ibibera muri ibyo bihugu. GCR isaba ko Nijeriya yongera gushyirwa ku rutonde rw’ "Ibihugu byibasira cyane Abakristo," kugira ngo hashyirweho ingamba zo kurinda Abakristo bakomeje guhura n’akaga.
Christianpost.com
Aha ni mu Mudugudu wa Maiyanga, muri Bokkos, ku wa 27 Ukuboza 2023, Abakristo bashyingura bagenzi babo bagera muri 200 ahantu hamwe