Umuhanzi wa Gospel Jean D’Amour Nkurunziza yavuze ko intego ye nyamukuru mu muziki ari ugukoresha impano ye mu kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo no gukomeza Abakristo mu rugendo rwo kwizera.
Yavuze ko urukundo rw’umuziki rwatangiye akiri umwana muri korali y’abana, ariko rwakomeye nyuma yo kubona umuhanzi mugenzi we witwa Rwibasira ubwo yari mu mashuri abanza. Yaje kwandika indirimbo ye ya mbere ageze mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, ibintu byamuhaye imbaraga zo gukomeza urugendo rw’umuziki.
Nubwo yahuye n’imbogamizi zirimo ibura ry’amikoro n’inshingano zitandukanye, yakomeje guhatana kugeza asohoye indirimbo ye ya mbere yise “Uri Hejuru y’Amajuru”, ifite ubutumwa bushingiye ku kwizera ko Imana iri hejuru y’ibintu byose bishobora gutera abantu ubwoba cyangwa impungenge.
Jean D’Amour avuga ko umuramyi Aime Uwimana ari umwe mu bahanzi bamubereye icyitegererezo kubera ubuhamya bwe n’uburyo yakomeje gukomera ku muhamagaro we. Mu buzima busanzwe akora mu bijyanye na Mechanical Engineering, ariko akavuga ko akomeza guha umwanya Imana, umuryango n’umuhamagaro we w’umuziki.
Uyu muhanzi yemeza ko indirimbo ye ya mbere ari intangiriro y’urugendo rurerure, aho ateganya gusohora izindi ndirimbo no gukora ibikorwa byinshi byo kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo binyuze mu muziki.
Reba indirimbo ye HEJURU Y’AMAJURU kuri YouTube