Yabesi yarushaga bene se icyubahiro, kandi nyina yamwise Yabesi kuko yavuze ati “Namubyaranye agahinda.”
Yabesi atakambira Imana ya Isirayeli ati “Icyampa ukampa umugisha rwose, ukagura imbago yanjye kandi ukuboko kwawe kukabana nanjye, ukandinda ibyago ntibimbabaze.” Nuko Imana imuha ibyo yasabye. (1 Ibyo ku Ngoma 4:9/1 Ibyo ku Ngoma 4:10).
Uwiteka ni Imana yo kwizerwa, ni Imana itabara abayo, ni Imana idufiteho umugambi mwiza, icyampa Imana ikaguha umugisha ikakurinda ibikubabaza.
Yabesi ngo nyina yamwise iryo zina kuko yamubyaranye agahinda, hari igihe ababyeyi bajya batwita amazina aturondora rimwe na rimwe izina bakwise ugasa naryo kuko rirakurondora. Imana iduhindurire amazina ni ukuri.
Yabesi yarushaga benese icyubahiro ariko ntibyamubuzaga kurara arira, ntibyamukuragaho agahinda yari afite. Nawe birashoboka ko Imana yakugeneye kuba umunyacyubahiro ariko biracyari mu mwuka nturabyambara;
Ndetse rimwe na rimwe ubona n’ibimenyetso, ariko uyu munsi urasuzugurwa, ufatwa nk’utagira umumaro, nta jambo ugira mu bandi, icyubahiro kikuriho ntawukibona ahubwo ikikuzuye namarira nagahinda uterwa nibihe urimo kunyuramo.
Dore uko bimeze rero uyu munsi birahinduka k’ubyizeye. Yabesi atakambira Imana,
jya imbere y’Imana uce bugufi ugire ibyo uyisaba. Mu Izina rya Yesu Kristo umwami wacu, usabe umugisha, usabe kwagurirwa imbago, usabe Imana ukuboko kwayo kubane nawe.
Imana ikurinde ibyago ntibikubabaze, Imana iraguha ibyo uyisabye. Imana igiye kubisobanura humura nawe ushime.