Umusore w’imyaka 21 witwa Nasire Best yarashwe arapfa nyuma yo gutangira kurasa hafi y’inkuta za White House i Washington D.C., aho yari yagaragaye afite imyitwarire idasanzwe, harimo no kwiyita “Yesu Kristo” nk’uko inzego z’umutekano n’inkuru zitandukanye zibivuga.
Ibi byabaye ku wa Gatandatu tariki ya 24 Gicurasi 2026, mu mpera za Memorial Day weekend, ni ukuvuga Icyumweru cyangwa iminsi mikuru yo kwibuka abasirikare n’abandi bapfiriye mu ntambara mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, iba mu mpera za Gicurasi buri mwaka, ubwo yarasaga amasasu menshi mbere y’uko abashinzwe umutekano ba Secret Service bamuhagarika. Umuntu umwe wari uri hafi aho yakomerekeye muri icyo gikorwa.
Dore ibintu 3 by’ingenzi buri wese ashishikariye kumenya kuri uyu musore:
1. Yigeze kwiyita Yesu Kristo no kugerageza kwinjira ku Ngoro ya Perezida
Nk’uko amakuru atandukanye abivuga, Nasire Best yari asanzwe azwi n’inzego z’umutekano kuko yagiye agaragara hafi ya White House inshuro nyinshi agerageza kwinjira mu bice bibujijwe.
Mu 2025, yigeze gufatwa nyuma yo kwinjira mu gace kabujijwe, aho yavuze ko ari “Yesu” ndetse anavuga ko ashaka gufatwa. Ibi byatumye yoherezwa mu kigo cyita ku bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe ku gahato.
2. Yari yarategetswe kutongera kwegera White House
Nyuma y’ifatwa rye rya mbere mu 2025, urukiko rwari rwamutegetse kutongera kwegera cyangwa kwinjira mu gace gakikije White House.
Icyakora nyuma yaho, yananiwe kwitaba urukiko ku gihe, bituma hashyirwaho n’indi gahunda yo kumufata. Ibi byose byagaragazaga ko yari afite ibibazo bikomeye by’imyitwarire no kwica amategeko.
3. Yari azwi nk’umuntu wari ufite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, inshuti ze zikavuga ko yari yarahindutse
Raporo zitandukanye zigaragaza ko Best yari afite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, ndetse bamwe mu nshuti ze bavuga ko imyitwarire ye yatangiye guhinduka mu mezi ya nyuma.
Yize mu ishuri rya Dundalk High School, aho yanakinnye imikino ngororamubiri. Nubwo hari amakuru yavugaga ko hari ibyo atumvikanagaho n’ubutegetsi, inshuti ze zavuze ko atigeze agaragaza urwango rugaragara ku banyapolitiki bamwe, ahubwo ko ikibazo cyari cyarimuriwe mu myumvire ye no mu buzima bwe bwo mu mutwe.
Ibi byabereye hafi ya White House byongeye kugaragaza ikibazo gikomeye cy’umutekano n’ubuzima bwo mu mutwe ku rubyiruko, ndetse n’uburyo inzego z’umutekano zikomeza gukurikirana abantu bashobora guteza ibyago mu bice bikomeye by’igihugu.