× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Ibikubiye mu bitabo bibiri bimena amabanga n’imikoranire byihishe inyuma y’itorwa rya Papa Leo XIV

Category: Journalists  »  50 minutes ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Ibikubiye mu bitabo bibiri bimena amabanga n'imikoranire byihishe inyuma y'itorwa rya Papa Leo XIV

Ku wa 26 Mata 2026, hashyizwe ahagaragara amakuru mashya agaragaza uko amatora ya Papa Leo XIV yabaye, aho ibitabo bibiri bishya byanditswe n’abanyamakuru bakomeye bigaragaza uko inyuma y’amatora habaye ibiganiro byihishe.

Mu matora, bivugwa ko hari hihishemo imbaraga za politiki n’inkunga z’amafaranga byagize uruhare mu gutuma atorwa. Ibi bitabo byasohotse hafi umwaka umwe nyuma y’itorwa rye ryabaye nyuma y’urupfu rwa Papa Francis ku wa 21 Mata 2025.

Igitabo cya mbere cyitwa Popes, Dollars and Wars, cyanditswe n’umunyamakuru w’Umutaliyani Massimo Franco, gisobanura uko Kiliziya yo muri Amerika yagiye igira imbaraga zikomeye muri Vatikani binyuze mu nkunga z’amafaranga n’abaterankunga bakomeye, bigatuma bishoboka ko Umunyamerika yaba Papa.

Gishingiye ku nyandiko z’ibanga zabonetse mu bubiko bwa Vatikani buzwi nka Pontifical Apostolic Archive, kikagaragaza uko amafaranga n’imikoranire byagize uruhare mu mitegurire y’itora.

Igitabo cya kabiri, The Election of Pope Leo XIV: The Last Surprise of Pope Francis, cyanditswe na Elisabetta Piqué na Gerard O’Connell, kigaragaza mu buryo bwimbitse uko ibiganiro byabereye mu mwiherero w’abakaridinali mbere y’itora (conclave), harimo ibiganiro bikomeye byabereye mu mwiherero no hanze ya Vatikani.

Mu gihe bamwe mu bakaridinali bashakaga gusubira ku murongo gakondo wa Kiliziya, abandi bo bashakaga umuyobozi wegereye Abakirisitu basanzwe mu bihe bikomeye isi irimo.

Ibiganiro by’ingenzi byabereye hanze ya Vatikani, cyane cyane mu masangiro yihariye n’inama zabereye mu kigo cya Pontifical North American College, aho abakaridinali b’Abanyamerika bahuriraga.

Hari kandi uruhare rw’abanyapolitiki n’abandi bafite ijambo rikomeye, aho bivugwa ko Perezida Donald Trump yashyigikiye Cardinal Timothy Dolan, mu gihe abandi bashyigikiraga Péter Erdő.

Icyakora, iyo mikoranire y’abashakaga guhitamo umukandida umwe byaje kugira ingaruka zitari zitezwe, kuko byatumye haboneka undi mukandida utari uzwi cyane, Cardinal Robert Prevost, waje gutorwa nka Papa Leo XIV.

Prevost yashyigikiwe n’abakaridinali batandukanye, harimo abari bamuziho ubunararibonye mu mirimo ya Kiliziya, cyane cyane abo mu itsinda rya Dicastery for Bishops, ndetse n’abaturutse mu bihugu byo mu Bwongereza n’ibihugu bifitanye isano na bwo.

Ibi bitabo bibiri bigaragaza ko itorwa rya Papa Leo XIV ritari ryoroshye kandi ridashingiye gusa kuri roho mutagatifu nk’uko benshi babyibwira, ahubwo ryaranzwe n’ibiganiro byinshi, inyungu zitandukanye n’imikoranire y’imbere mu bayobozi ba Kiliziya.

Nubwo bimeze bityo, byarangiye hatowe umuntu wabonwaga nk’umuhuza ushobora guhuza impande zitandukanye za Kiliziya Gatolika mu gihe cy’ibibazo n’impinduka isi irimo.

Ibi bitabo byemeza ko gutorwa kwa Prevost nka Papa Leo XIV bitashyingiye kuri roho mutagatifu

Uwari Cardinal Robert Prevost, yaje gutorwa nka Papa Leo XIV

Abakirisitu bareba kuri ecran nini yerekana amashusho y’abakaridinali binjira mu mwiherero w’itora rya Papa (conclave), bari ku mbuga ya Mutagatifu Petero i Vatikani, ku wa 7 Gicurasi 2025.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.