× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Habaye umusangiro winjiza abantu mu giterane cy’imbaturamugabo cya Refresh Women 2023-PHOTOS

Category: Entertainment  »  March 2023 »  Sarah Umutoni

Habaye umusangiro winjiza abantu mu giterane cy'imbaturamugabo cya Refresh Women 2023-PHOTOS

Igiterane Refresh Women 2023 kiratangira kuri uyu wa Gatanu kugeza ku Cyumweru, kikazajya kibera kuri New Life Bible Church - Kicukiro.

Mbere y’uko iki giterane kiba, Pastor Florence Mugisha n’intinda riri kumufasha kugitegura ndetse n’abatumirwa banyuranye, bahuriye mu musangiro (Dinner) ku mugoroba w’uyu wa Kane tariki 23 Werurwe 2023 kuri New Life Bible Church.

Iki gikorwa cyaranzwe n’ibihe binejeje byo kuramya Imana, ijambo ry’Imana ndetse no gusangira ifunguro rya nimugoroba. Pastor Florence Mugisha yanditse kuri Instagram ko Refresh Women itangira kuri uyu wa Gatanu kuva saa kumi z’umugoroba, ariko imiryango yo n’ubu yamaze gufungurwa.

Refresh Women ni igiterane mpuzamahanga gihuza abagore n’abakobwa muri gahunda igamije kubigisha no kubahugura uko bakomera mu gakiza ndetse bagakomeza kuba ab’umumaro mu miryango yabo, mu Itorero, muri sosiyete ndetse no ku gihugu.

Bahuriye mu musangiro uteguza Refresh Women 2023

Refresh Women ni iyerekwa ryagutse rya Pastor Florence Mugisha, Umufasha wa Rev. Dr Charles Mugisha, Umushumba Mukuru w’Itorero New Life Bible Church rikorera mu Karere ka Kicukiro -Kagarama, ribarizwa muri Africa New Life Ministries yashinzwe na Rev Dr. Charles Mugisha.

Agaruka ku myiteguro ndetse n’umwihariko wa Refresh Women y’uyu mwaka mu kiganiro n’abanyamakuru, Pastor Florence Mugisha, yabwiye abanyamakuru ko insanganyamatsiko y’uyu mwaka ari "Kubyara, Kurera no Kuyobora" [Birth - Nurture - Lead].

Yagize ati "Uyu mwaka ufite umwihariko kandi abazitabira bazishima, turamya duhimbaze ijuru rimanuke". Yavuze ko bazitsa ku nyigisho nziza zizigisha abagore uburyo bwo kubyara, kurera ndetse no kuyobora. Ati "Insanganyamatsiko ni tubyare, turere ndetse tuyobore"

Yunganiwe n’umugabo we, Rev. Dr Charles Mugisha, wavuze ko ari umuhamya w’ibyo yiboneye n’amaso ye uburyo Refresh Women yatanze umusaruro ukomeye ku bagore n’abakobwa basaga n’abarushye ndetse banyotewe. Ati "Refresh Women yabereye bamwe nk’iriba rihembura kuko yamaze inyota ya bamwe, abandi barahembuka"

Yavuze ko ibyiza bya Refresh Women bitagarukiye gusa ku bagore n’abakobwa ahubwo byahembuye n’imiryango yari mu marembera igiye gusenyuka. Yagize ati: "Hari imiryango yitabiriye Refresh Women habuze gato ngo isenyuke igafata icyemezo cyo kwiyunga no gukomeza kubana mu mahoro".

Bafashe umwanya uhagije wo kuramya Imana muri iyi Dinner

Iki giterane kiratangira kuri uyu wa Gatanu gisoze ku Cyumweru [Tariki 24-26 Werurwe 2023] ndetse kizagira umwihariko w’abakobwa ku munsi wo kuwa Gatandatu kuko bazigishwa inyigisho zihariye zibafasha kugwiza ubwenge no gutegura ejo habo heza.

Kizitabirwa n’abantu baturutse hirya no hino ku isi ndetse n’ibihugu byo muri aka karere u Rwanda rubarizwamo nka Uganda, u Burundi, Kenya n’ahandi. Abatumirwa ndetse n’abigisha barimo abakozi b’Imana bafite ubunararibonye mu kubwiriza no kwigisha ijambo ry’Imana ndetse bakaba ari n’abantu bubatse izina mu yindi mirimo ifitiye sosiyete akamaro.

Mu bakozi b’Imana bo mu mahanga bitabiriye iki giterane, harimo Pastor Grace Serwanga waje mu Rwanda ari kumwe n’umutware we Pastor Lincoln Serwanga, bakaba baraturutse mu Bwongereza. Hazaza hari kandi Pastor Lydia Karani n’abandi banyuranye.

Pastor Grace Serwanga, ubusanzwe ni umunyamategeko ukorera mu Bwongereza, akaba azasangiza ubunararibonye bwe abazitabira iki giterane ndetse n’umugabo we Pastor Lincoln Serwanga wavuze ko afite byinshi yigiye kuri AfricaNew Life umurimo w’Imana urangajwe imbere n’umushumba Dr Charles Mugisha.

Pastor Mugisha na Pastor Lincoln nabo bitabiriye iyi Dinner

Pastor Grace Serwanga yahamagariye abali n’abategarugori kutazacikwa n’iki giterane Ati "Mugomba kuhaboneka". Yatanze urugero avuga ko mu myaka 3 Yesu yamaze ku Isi, yakoze ibitangiza byinshi ariko hari abatarabibonye.

Yavuze ko bishoboka rwose kuba iki giterne cyazaberamo ibintu bitangaje ariko abantu bamwe ntibabibone, ahita avuga ko uburyo bwo gucikwa n’iki gierane ari ukutakitabira cyangwa se kutagikurira mu buryo bw’iyakure dore ko kizaca Live kuri Youtube [bazatanga Link nikimara gutangira].

Pastor Lincoln Serwanga yavuze ko we n’umufasha we bishimye cyane kuza mu Rwanda kuko bakozweho cyane na Refresh Women, anaca amarenga yo kuba bazakora igiterane nk’iki i London.

Byari umunezero mwinshi

Pastor Mugisha n’umufasha we Florence bafashijwe cyane

Abitabiriye iyi Dinner bari bambaye imyenda yiganjemo umweru

Refresh Women 2023 iteye benshi amashyushyu

Rev. Dr Charles Mugisha na Pastor Florence Mugisha mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuwa Gatatu

Pastor Lincoln Serwanga n’umufasha we Pastor Grace Serwanga baje i Kigali baturutse mu Bwongereza, hano bari bamaze kuganira n’abanyamakuru

Pastor Florence Mugisha niwe wagize iyerekwa rya Refresh Women

Refresh Women 2023 iratangira kuri uyu wa Gatanu

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.