× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Ese Album ya Yago yise "Suwejo" ni Gospel cyangwa ni Secular?

Category: Entertainment  »  December 2023 »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Ese Album ya Yago yise "Suwejo" ni Gospel cyangwa ni Secular?

Igitaramo cya Yago Pon Dat kizaba ku itariki 22 Ukuboza 2023 muri Camp Kigali gitera urujijo abantu, bakibaza niba iyo Suwejo album azasohora wayita album yo kuramya no guhimbaza Imana (gospel album) cyangwa wayita album isanzwe y’Isi (secular album).

Icya mbere gishingirwaho ni abatumiwe muri uku kumurika album ye yitwa Suwejo. Abahanzi yatumiye baravangavanze, yaba abaririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, ni ukuvuga Aline Gahongayire wamenyekanye mu ndirimbo Ndanyuzwe, ndetse n’abahanzi baririmba indirimbo zisanzwe bita iz’Isi, urugero nka Bushali, Chris Eazy n’abandi bahanzi baririmba izisanzwe kandi bajya banyuzamo bakaririmba ibiteye isoni.

Icya kabiri gishingirwaho, ni uko Yago ubwe yavangavanze indirimbo zizaba ziri muri Suwejo album. Indirimbo Yago Pon Dat yakoze zihimbaza Imana ni ebyiri gusa. Izo ni Suwejo ari yo yitiriye album azasohora, kuko iyi ndirimbo ni yo ya mbere yasohoye igatuma amenyekana nk’umuhanzi mushya, cyane ko yatumye ajya mu mibare mike mu Rwanda y’abahanzi bakoze indirimbo yabo ya mbere ikuzuza miliyoni y’abayirebye. Indi ni iyo yise Yahweh na yo yakunzwe ariko ntigere ku rwego nk’urwa Suwejo.

Izindi ndirimbo yasohoye ni iz’urukundo, Abakristo bita iz’Isi. Izo ndirimbo bamwe ntibatinya kuvuga ko zirimo ibiteye isoni, urugero nk’iyo aherutse gukorana n’uwitwa Inyogo ye. Iyi ndirimbo irimo amagambo azwi nk’ibishegu, aho baba baririmba imiterere y’umukobwa witwa Tereza.

Yago Pon Dat akimara kwinjira mu muziki, abantu baramukunze kuko bari bazi ko azakomeza gukora indirimbo zisa n’izo kuramya no guhimbaza Imana. Ariko aho atangarije ko agiye gukora indirimbo z’urukundo, urwango bamwanga rwatangiye gututumba, akoze iyitwa Rata abantu bacika ururondogoro bamuvuga nabi.

Mu kiganiro yagiranye na Kasuku, yatangaje ko abamwanga bari mu bo yafashije kumenyekana. Ni mu gihe kandi ashinjwa gutera inda umukobwa akamwihakana. Ibi byo byatumye yangwa kurushaho. Ese koko byari bikwiriye ko album ya Yago ifatwa nk’iya Gospel?

Aline Gahongayire aherutse kwandika amagambo yakoze ku mutima wa Yago

Yago agiye kumurika Album ye ya mbere

Aline Gahongayire uzwiho gushyigikira cyane abahanzi bagenzi be azaririmba muri iki gitaramo

Igitaramo cya Yago kizaba kuwa 22 Ukuboza 2023 muri Camp Kigali

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.