× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Elino agiye gushyira hanze indirimbo itegererezanijwe amatsiko yise "Bwa buntu butangaje"

Category: Artists  »  February 2024 »  Alice Uwiduhaye

Elino agiye gushyira hanze indirimbo itegererezanijwe amatsiko yise "Bwa buntu butangaje"

Nkundimana Elie ni umusore ushima lmana kandi ukiri muto uzwi ku izina rya Elino akaba abarizwa ADEPR Mbugangari.

Uyu muramyi Elino uvuka mu karere ka Rubavu mu ntara y’ uburenganzira, agiye gushyira hanze igihangano cye cya mbere yise "Bwa buntu butangaje".

Ni indirimbo ifite amagambo meza aho uyu mwanditsi yayanditse yuzuye umwuka w’lmana. Atangira agira ati: "Bwa buntu butangaje bwankuyeho imigozi yose yarimboshye. Ubu ndashima ndirimba".

Akomeza agira ati: "Nzahazwa n’ibyiza byo mu gakiza kawe, indirimbo yanjye izahora ari zaburi nshyashya

Ku gitero cya gatatu yungamo ati: "Wangize nk’umusozi siyoni utanyeganyezwa umuyaga urahuha sinanyeganyezwa". Asoza agira ati: "Namagambo yawe muri njye ni nk’umuriro waka udateze kuzima na gato".

Mu kiganiro kigufi yagiranye na Paradise, uyu muramyi Elino ubwo yabazwaga intego ye mu muziki, yagize ati: "Intego yange ni uko ijambo ry’Imana rigera kure".

"Ari ryo bwa bwiru bwahishwe uhereye kera kose n’ibihe byose, ariko none bukaba bwarahishuriwe abera bayo, (Abakolosayi 1:28).Ikindi Kandi abantu batarakizwa ni ukwakira ubuntu bw’Imana bakabohorwa".

Usibye kuba Elino ari umuririmbyi ni umubwirizabutumwa bwiza bwa Yesu Kristo. Elino avuka ari uwa kane mu muryango we. Ku mbuga nkoranyambaga zose uyu muhanzi akoresha amazina ye "Nkundimana Elie".

Elino agiye gushyira hanze indirimbo ye ya mbere

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Ibitekerezo Byatanzwe

Nuko nyuma yo kuduha imwe yarenzaho izindi byaba byiza cyane Imana imuhe umugisha kandi imwagure cyane mu murimo wayo

Cyanditswe na: Alexis Muvara  »   Kuwa 27/02/2024 13:49

Nuko nyuma yo kuduha imwe yarenzaho izindi byaba byiza cyane Imana imuhe umugisha kandi imwagure cyane mu murimo wayo

Cyanditswe na: Alexis Muvara  »   Kuwa 27/02/2024 13:49

Nukuri turagushyigikiye brother Kandi lmana ikomeze kukwagura muribyose

Cyanditswe na: fillette  »   Kuwa 27/02/2024 12:30

Elino turagushyigikiye imana ikwagure ukore nizindi

Cyanditswe na: nyiramugisha jeanine   »   Kuwa 27/02/2024 11:47