Rhumba ni injyana nyafurika ikoreshwa cyane muri Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Nubwo atari ibintu bikunze kubaho mu Rwanda gukora injyana imwe gusa, abahanga mu bya muzika bavuga ko abantu bakora injyana imwe barimo aba rasita bazwi ku njyana ya Raggaie, abakora Country music, Rhumba n’injyana nyafrika bakunze kubikora mu buryo bukosoye cyane
Mu Rwanda haba mu mateka ya muzika ya secular ndetse n’aya Gospel ni imboneka rimwe kubona abahanzi bakora injyana imwe n’ababigerageza ni aba rasta.
Amakuru y’umuririmbyi wa Gospel wirunduriye muri Rhumba, David TUGANIMANA, yageze kuri Paradise.rw ko uyu muririmbyi yakuze akunda Rhumba cyane ku buryo amaze igihe yiha umuhigo wo kuyikora mu buryo bwagutse.
Yagize ati: "Njye nahagurikiye gukora Rhumba mu buryo bwagutse kuko ari injyana nakuze nkunda cyane"
Hashize igihe David ategura uyu mushinga kandi abamaze kumva indirimbo ye GENDANA NANJYE babikuruye neza basanga azabigeraho kuko afite umurava.
Umwe mu babanye na David muri Patmos, umuramyi Nelson Mucyo yagize ati: "Icyo navuga kuri David ni uko ari umugabo ugira ishyaka ukunda abantu ndetse inyuma ye hari ubuhamya bukomeye, birashohoka rwose maze kumva indirimbo ye mu ijoro rya Bonane muri Patmos nahise numva azabishobora, courage cyane".
David yatangiye kuririmba indirimbo ze bwite mu mwaka wa 2009 akaba amaze gukora indirimbo zitandukanye zirimo SALUTI, GENDANA NANJYE, MUNGU TUPE AKILI iheruka kandi izo zose akaba aziyandikira.
David avuga ko uyu mwaka afite imishinga migari yo gukora Rhumba ndetse no gushaka uko yakorana ingoma n’abahanzi bakomeye babo abo mu Rwanda no mu karere u Rwanda ruherereyemo.
RYOHERWA N’INDIRIMBO "JYENDANA NANJYE" YA DAVID
Icyo navuga navuga nti nu undi wese wifitemo impano yo kuba yakuba yakora indirimbo ifite icyo yigisha abantu nayigaragaze kdi atinyuke kuko gukora ni byiza bituma uzamuka nawe ukaba wamenyekana .
Namwe abafite aho mugeze ni mukomeze lmana ibahe imbaraga ndetse nibindi byiza byose mwifuza, nge nicyobifurije ,
Murakoze
Icyo navuga navuga nti nu undi wese wifitemo impano yo kuba yakuba yakora indirimbo ifite icyo yigisha abantu nayigaragaze kdi atinyuke kuko gukora ni byiza bituma uzamuka nawe ukaba wamenyekana .
Namwe abafite aho mugeze ni mukomeze lmana ibahe imbaraga ndetse nibindi byiza byose mwifuza, nge nicyobifurije ,
Murakoze