Bishop Karagire Canisio, Umuyobozi w’itorero Living Word Temple rikorera i Gasogi, ni umwe mu bakozi b’Imana bazwi mu mujyi wa Kigali batangije amateraniro ya ku manywa yaberaga ku Nkuru Nziza.
Ubu ikigikorwa cyatangiye kubera ku Kicukiro ku itorero rya Deliverance Aya materanito ya saa Sita [Lunch Hour] afasha abakozi batandukanye baba aba leta n’abikorera ku giti cyabo mu gusabana n’Imana mu gihe cy’ikiruhuko.
Umunyamakuru wa Paradise.rw aganira na Bishop Canisio kuri telefone, yamubajije impamvu yatumye yagurira iri vugabutumwa mu gice cya Kicukiro, Bishop Canisio asubiza agira ati "Ku bw’ishyaka ry’umurimo w’Imana mfite, nabonye ko aho nawutangirije ku Nkuru Nziza hatagikora bituma nerekeza kuri Deliverance Church hano Sonatube".
Akomeza ararikira Abanya-Kigali kujya bitabira aya materaniro aba kuwa Mbere kugeza kuwa Gatanu ku masaha ya saa tanu n’igice kugeza saa Saba z’amanywa. Muri aya materaniro hazajya hatangwamo n’inyigisho zuzuyemo impuguro zivuga ku muryango hagamijwe gukumira amakimbirane mu bakristo, bikaba bizabarinda ’divorce’ zivuza ubuha muri ibi bihe.
Bishop Karagire Canisio