Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, umuramyi Tumaini Byinshi yashimye Imana yarokoye umugore we impanuka ikomeye y’imodoka.
Yanditse ati: "Ndashima Imana cyane ku bw’ineza yayo ihebuje. Mu gitondo cy’uyu munsi yariki 19 Ukwakira 2023 numvaga amashimwe anyuzuye ubwo inshuti yanjye magara, umutima w’urugo, my lovely wife yakoze impanuka ikomeye ariko Imana ikamurinda akavamo ari muzima.
Simfite amagambo yabisobanura uko mbyumva gusa kuba mu Mana nibwo bwishingizi buzima. Hashimwe Yesu Kristo watwitangiye akatumenyesha inzira yo kwizera ko byose tubibonera muri we nanjye nzaguma mu nzu ye muramya uko mbishoboye. Nzamamaza ineza ye mu bihimbano by’Umwuka muri njye kuko yangiriye neza. Haleluya".
Benshi bifatanyije nawe mu gushima Imana. Meddy umaze igihe gito agarutse mu muziki wa Gospel, ni umwe mu bakozweho n’ubu buhamya bw’amashimwe. Itsinda ry’abakunzi be rizwe nka Meddy Inkoramutima banditse bati "Glory to God" [Imana ihabwe cyubahiro].
Tumain Byinshi wuzuye amashimwe apina toni, ari kwitegura gushyira hanze indirimbo nshya "Humura" yakoranye na Aime Frank. Ni indirimbo itegerezanyijwe amatsiko menshi n’abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Tumain Byinshi afite amashimwe menshi mu mutima we
RYOHERWA N’INDIRIMBO "ABAFITE IKIMENYETSO" YA TUMAINI BYINSHI