Mu rwego rwo kongerera ubushobozi Abakozi b’Imana, ADEPR iri guhugura abashumba b’amaparuwase yose yo muri iri Torero.
Ni amahugurwa y’iminsi ine ari kbera i Kigali muri Dove Hotel, akaba yaratangijwe kuwa Kabiri tariki 06 Nzeri 2023. Agamije kongerera ubushobozi Abakozi b’Imana bigisha n’abandi, akaba ahuza Abashumba ba Paruwase zose z’Itorero ADEPR 143 n’abandi bayobozi bahagarariye abandi.
Afungura aya mahungurwa ya ESI (Equiping Servants International), Umushumba Mukuru wa ADEPR, Rev Isaie Ndayizeye, yavuze ko ari gahunda y’Itorero yo kongerera ubushobozi abakozi hagamijwe kugera ku cyerekezo cyaryo cyo guhindura ubuzima bw’abantu mu buryo bwuzuye hifashishijwe Ubutumwa Bwiza bwa Yesu Krisitu.
Ni amahurwa yishimiwe na benshi mu bayitabiriye kuko agamije kubungura ubumenyi. Icyakora hari abatanze ibitekerezo by’izabakosorwa ubutaha. Pierre Habiyaremye yanditse kuri Twitter ati "Ni byiza. Ubutaha "sitting arrangement" ijye itegurwa mu buryo buberanye no kwiga. Ibikanu ndabona byahashiriye".
Abashumba ba Paruwase zose z’Itorero ADEPR 143 bahuriye mu mahugurwa