× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Yahisemo kuba umubyaza nyuma yo kubona umuturanyi we apfa abyara— Saidath Gato

Category: Health  »  9 hours ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

Yahisemo kuba umubyaza nyuma yo kubona umuturanyi we apfa abyara— Saidath Gato

Saidath Gato yahisemo kwiga ububyaza akiri mu mashuri yisumbuye, abitewe n’agahinda yatewe no kujya gushyingura umuturanyi we wapfuye abyara, asize abana bane n’uruhinja.

Icyo gihe yahise yiyemeza ko azaharanira kurokora ubuzima bw’ababyeyi n’abana bavuka.

Ubu afite imyaka 40 n’uburambe bw’imyaka 15 mu kazi, akaba akorera umuryango wa Partners In Health Rwanda, aho akurikirana gahunda z’ubuzima bw’umubyeyi n’umwana mu bitaro bitandukanye birimo Kirehe, Rwinkwavu na Butaro.

Umunsi we utangira akora siporo no gusoma, akareba raporo z’ibitaro, akagirana inama n’ababyaza n’abaforomo ndetse agatanga ubujyanama mu kazi.

Yibuka ko igihe yakoreraga ku Bitaro bya Muhima cyari igihe kigoye cyane, aho ababyaza bake bagombaga kwakira abagore benshi bari ku nda ndetse n’abana benshi bakavuka icyarimwe.

Nubwo byari bigoye, gukorera hamwe byabafashaga gutsinda izo mbogamizi. Avuga ko ikimukomeza ari uko azi ko akazi ke gafasha mu kurokora ubuzima.

Gusa agaragaza ko hakiri ibibazo birimo ubuke bw’ababyaza, akazi kenshi, umushahara udahagije n’imbogamizi mu kuzamura ubumenyi. Mu Rwanda habarurwa ababyaza bagera ku 2,400 mu gihe buri mwaka havuka abana barenga 300,000, bigatuma akazi kaba kenshi cyane.

Gato afite icyizere ko gahunda ya Leta yo kongera umubare w’abakozi mu buvuzi izafasha kugabanya ibi bibazo, cyane ko hateganyijwe ko guhera mu 2027 hazajya haboneka ababyaza barenga 1,000 buri mwaka.

Saidath Gato

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.