× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Papa Fransisiko azashyingurwa kuwa Gatandatu - Yasize asabye ko imva ye izaba yoroheje itariho imitako

Category: Amakuru  »  2 months ago »  Sarah Umutoni

Papa Fransisiko azashyingurwa kuwa Gatandatu - Yasize asabye ko imva ye izaba yoroheje itariho imitako

Vatikani yatangaje ko Papa Fransisiko azashyingurwa kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Mata 2025, Misa yo kumusabira izasomerwa ku rubuga rwa Mutagatifu Petero maze ashyingurwe muri Bazilika Nkuru ya Bikira Mariya Mutagatifu.

Basilique Sancta Maria Maggiore (Bazilika Nkuru ya Bikira Mariya) izashyingurwamo Papa Fransisiko, kuri ubu ishyinguyemo aba Papa 7.⁠ ⁠Uheruka gushyingurwamo akaba ari Papa Clement wa IX wo mu 1669.

Vatikani kandi yavuze ko Papa Fransisiko yasize yishyuye amafaranga azakoreshwa mu kumushyingura anasaba ko imva ye yaba imva yoroheje itariho imitako yindi, ikazaba iri mu butaka, handitseho gusa ijambo Franciscus.

Ni mu gihe guhera mu Ijoro kuwa 21 Mata 2025, Umubiri wa Papa Fransisiko washyizwe muri Shapeli iri mu rugo yabagamo Casa Sancta Marta, bikaba biteganyijwe ko kuwa gatatu tariki 23 Mata 2025, uzajyanwa muri Bazilika ya Mutagatifu Petero kugira ngo Abakristu bamusezereho.

Tariki ya 13 Werurwe 2013, ni bwo Kardinali Jorge Mario Bergoglio yatorewe kupa Papa wa 266 asimbuye Papa Benedict XVI wari weguye kubera intege nke. Nyuma yo gutorwa yahisemo gufata Izina rya Francis.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.