× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Uko umunyabyaha cyangwa umuntu wagiraga ubugome ahinduka mwiza binyuze muri Bibiliya

Category: Words of Wisdom  »  November 2024 »  Jean D’Amour Habiyakare

Uko umunyabyaha cyangwa umuntu wagiraga ubugome ahinduka mwiza binyuze muri Bibiliya

Impinduka z’umunyabyaha cyangwa umuntu wigeze kuba mubi akajya mu buzima bwiza binyuze muri Bibiliya ni igitekerezo cyagaragajwe kenshi mu mateka, kikaba ikintu na Bibiliya itangaho ubuhamya. Paradise yagikusanyijeho byinshi.

Iyi mpinduka zishingiye ku mahame ya Bibiliya turazibandaho, ariko tunazishimangire twifashishije ibyavumbuwe muri siyansi ku miterere y’imitekerereze y’ubwonko. Paradise yabikusanyirije hamwe yifashishije Bibiliya hamwe n’ibyo abahanga bavumbuye.

1. Icyo Ibyanditswe Byera Bivuga ku Bijyanye no Guhinduka

Bibiliya yigisha ko impinduka nyakuri zishoboka:
 Abaroma 12:2: “Ntimwishushanye n’ab’iki gihe, ahubwo muhinduke rwose mugize imitima mishya (mugirwe bashya mu mitekerereze)…”
 2 Abakorinto 5:17 “Umuntu wese iyo ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya. Ibya kera biba bishize. Dore byose biba bihindutse bishya.”
Uburyo Bibiliya Igaragaza Uko Habaho Impinduka:
 Kugira Ubumenyi: Ibitekerezo n’imyitwarire yawe ubishingira ku Ijambo ry’Imana (Abefeso 4:23-24). Ubanza kumenya icyo ugiye gukora cyangwa ibyo utekereza niba bishimisha Umwami, ukabanza kumenya ibyo Imana yanga n’ibyo ikunda.
 Kumenya, Kwemera no Kwihana: Kwemera icyaha no kugihindukirira (Ibyakozwe 3:19).
 Gusenga Usaba Imbaraga z’Umwuka Wera: Zifasha mu gutsinda icyaha no zikanagufasha kubaho ukiranuka (Abagalatiya 5:16-25).

2. Impinduka zabayeho: Ingero zishingiye kuri Bibiliya no mu isi ya none:

Intumwa Pawulo (Ingero za Bibiliya)
Pawulo, mbere yari Sawuli, yatotezaga Abakristo. Nyuma yo guhura na Yesu ku nzira y’i Damasiko (Ibyakozwe 9), ubuzima bwe bwarahindutse cyane. Yabaye intumwa ikomeye yamamaje Ubutumwa Bwiza kandi yanditse byinshi mu Byanditswe Byera.
Urugero Rw’iki Gihe: Nicky Cruz
 Amateka: Nicky yari umuyobozi wa gang yamenyekanye ku bibi byinshi mu mujyi wa New York.
 Impinduka: Nyuma yo kumva Ubutumwa Bwiza binyuze David Wilkerson, yagize ukwicuza gukomeye maze aha ubuzima Kristo.
 Ingaruka: Nicky yabaye umuvugabutumwa wa gikristo, afasha abandi bava mu byaha n’urugomo.
Cheri Peters
 Amateka: Yari umunywi w’ibiyobyabwenge kandi ari inzererezi n’umunyarugomo.
 Impinduka: Yakiriye agakiza binyuze mu kwemera Imana kandi ubu akora ivugabutumwa ryo gufasha abandi kuva mu bibazo nk’ibyo.

3. Uko Abahanga Babivuzeho
Dr. Caroline Leaf (Afurika y’Epfo)
 Uyu muhanga mu bijyanye n’imitekerereze n’ubumenyi bw’ubwonko avuga ko kuvugurura ubwonko (guhindura imitekerereze) binyuze ku Ijambo ry’Imana bishobora gusimbuza imyitwarire mibi imitekerereze yemerwa n’Imana.
 Ibyo yavuze: Uko utekereza, ni ko uhindura imiterere y’ubwonko bwawe. Kuvugurura ubwenge bwawe binyuze mu kubucengezamo Ijambo ry’Imana bihindura imibereho yawe yose ikaba myiza."
Dr. Timothy Jennings (Amerika)
 Umwanditsi wa The God-Shaped Brain, avuga ko kumva Imana nk’urukundo bidufasha gutsinda ubwoba no gutangira inzira nshya.
 Ibyo yavuze: “Kumenya urukundo rw’Imana bivugurura ubwonko (bihindura imitekerereze), bikavanaho imyitwarire mibi kandi bikazana icyifuzo cyo gukora ibyiza.”

4. Uko Wabishyira mu Bikorwa

1. Kwiga Ijambo ry’Imana: Ijambo ry’Imana ritwereka ibikwiye guhinduka, rikavuga ibyo Imana ikunda n’ibyo yanga (Yakobo 1:23-25).
2. Gusenga no Guha Imana Umutima (kwemera ko ikuyobora): Gusenga bituma Imana iza mu buzima bwawe (Abafilipi 4:6-7).
3. Kwemera ko Abakristo Bagufasha: Abizera barakomezanya kandi bagashyigikirana (Abaheburayo 10:24-25).
4. Gusimbuza Imyitwarire Mibi Imyiza: Imyitwarire mibi isimbuzwa iy’ingenzi ishingiye kuri Bibiliya (Abefeso 4:22-24). Haranira impinduka, ntukamare ukwezi utagize umuco mwiza mushya wiga.
5. Kwishingikiriza ku Mwuka Wera: Umwuka Wera udufasha gutsinda icyaha (Abaroma 8:13). Ni ugusenga uwusaba.

Bibiliya ihindura ubuzima, uwakoraga ibyaha akaba ubirwanya

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.