× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Uburyo 7 bwadufasha gutsinda irungu nk’abizera: Ishimire imigisha wahawe n’ibiremwa by’Imana

Category: Development  »  3 weeks ago »  Pacifique Iraguha

Uburyo 7 bwadufasha gutsinda irungu nk'abizera: Ishimire imigisha wahawe n'ibiremwa by'Imana

Tuba buri munsi hagati y’impande ebyiri zitandukanye: ku ruhande rumwe turwana n’akaga ko kudakora (ubunebwe), ku rundi ruhande turwana n’akaga ko gukora birenze (guhugira mu bidafite umumaro).

Hari uwigeze kuvuga ati: “Si ukumenya gusa ko uri buhuge, ahubwo ni ukumenya impamvu uri buhuge [kuba busy]. Inzuki zihabwa ishimwe, ariko imibu irakubitwa!”. Ibi bitwereka ko buri munsi tugerageza gushaka hagati y’ubuzima bufite intego n’umuvuduko uboneye.

Ikidasanzwe ni uko irungu rishobora kuboneka muri izo mpande zombi:

Udafite icyo akora ararambirwa kubera ko nta kintu kimuhugije.
Uwahugiye mu mirimo ararambirwa kuko ibimurimo bimumarira ubusa.
Kandi rimwe na rimwe, abantu bahuze cyane ni bo barambirwa kurusha abandi. Bahora bashakisha icyo buzuza icyuho bafite imbere.
Buri mubyeyi azi ijwi ry’umwana uvuga ati: “Ndambiwe!” Nubwo rishobora kurakaza, ukwiriye kwemera ko natwe nk’abantu bakuru tugira ubwo bwigunge.
Iryo rungu rikomoka ku kamere yacu y’icyaha. Ni imbuto y’ukutanyurwa, ni intangiriro yo kwiyangiriza ubuzima.

Dore ukuri 7 wakwibuka igihe wumva urambiwe:

1. Imirimo myinshi y’Imana ikorerwa mu buzima busanzwe. Ntukemere ikinyoma cya Satani kikubwira ko hari icyo wacikanyweho. Imana ikora byinshi bikomeye mu bucece. Tegereza, urebe.

2. Ntugategereze abandi ngo bakumare irungu

Nta muntu n’umwe ushobora kukuzuza. Umunyabyaha umwe ntashobora kuzuza undi munyabyaha—ni Yesu wenyine ushobora kubikora.

3. Kwiyongereraho ikindi kintu si cyo gisubizo

Kongeraho undi mushinga cyangwa indi gahunda ntibikemura ikibazo cy’imizi. Kuba uri mu mutuzo si ikibazo—ni icyiza. Aho ni ho Imana ivugira.

4. Fata umwanya wo kwishimira imigisha yoroshye y’ubuzima

Tembera n’amaguru. Tega amatwi inyoni ziririmba. Reba inyenyeri. Ubuzima ni impano—ishimire ibyo Imana yaguhaye mu buntu bwayo.

5. Ba hafi y’umuryango wawe

Ntiwagombye buri gihe kuba uri mu nzira cyangwa mu bikorwa “bishimishije.” Fata umwanya wo gusangira n’umuryango. Muganire, mwicare hamwe nta kintu mukora. Ibyo bihe ni byiza cyane—kandi ntibizahoraho.

6. Rinda ibitekerezo byawe

Igihe cy’ubusa gishobora kukugusha mu byaha. Abantu barambirwa bakunze kumva ibishuko bya Satani cyangwa ibihano byo ku mubiri. Hari uwigeze kuvuga ko abantu benshi bajya mu byaha kuko badafite icyo bakora. Uzuza ubwenge bwawe n’Ijambo ry’Imana, utekereze ku buntu bwayo.

7. Shyira umutima ku rugendo rwo kugendana n’Imana

Nta kintu gishimishije kurusha kuganira n’Umuremyi w’ijuru n’isi. Nta kintu giteye amatsiko nko gukorana na We kugira ngo ugere ku mugambi we ku isi. Kurikirana Kristo kandi umukorere n’umutima wawe wose. Nta na rimwe uzamurambirwa!

Irungu ni uburiganya. Ni igitekerezo gicuzwe neza ariko gituruka kuri Satani: ngo "Iyo wabaho mu bihe byiza, ni bwo wabaho neza".

Ariko Edeni irerekana ko no kuba mu ijuru nyine bitavuze kuba ubuzima bwaba bwiza.
Nta kintu wongera ukeneye ngo wuzure—ukwiriye gusa kwegera Imana kurushaho.

Src: crossmap.com

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.