× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

USA: Leta ya Oklahoma yategetse ko amashuri atangira kwigisha Bibiliya

Category: Leaders  »  June 2024 »  Jean D’Amour Habiyakare

USA: Leta ya Oklahoma yategetse ko amashuri atangira kwigisha Bibiliya

Ubuyobozi bwa Leta ya Oklahoma muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bwategetse ko abana bari hagati y’imyaka 11 na 18 biga mu mashuri yo muri iyi Leta batangira kwigishwa Bibiliya nk’andi masomo ako kanya.

Superintendent Ryan Walters yasabwe kujya kubumvisha neza ko iri ari itegeko, nta yandi mahitamo agendanye no kutigisha Bibiliya mu mashuri ahari. Uyu Walter yagereranyije Bibiliya n’igitabo kibitse amateka kandi kimeze nk’ibuye rikomeza umuco.

Yagize ati: “Hatabayeho kugira ubumenyi bw’ibanze kuri Bibiliya, abanyeshuri ba Oklahoma ntibashobora gusobanura neza ishingiro ry’igihugu cyacu, ni yo mpamvu mu mahame agenga uburezi bwa Oklahoma hagomba kwiyongeramo iryo kwigisha abanyeshuri Bibiliya.”

Nubwo bimeze bityo ariko, abandi bayobozi b’ibigo, urugero nk’umuyobozi w’ikigo cy’itangazamakuru cya AP, Rachel Laser, bavuze ko ibi ari ukubangamira abanyeshuri, no kurenga ku burenganzira bwabo. Ibi babivuze bashaka kugaragaza ko amashuri ya Leta atagomba guhuzwa n’amadini.

Rachel yagize ati: “Bibiliya ni igitabo cy’Abakristo. Walter ari gukoresha ububasha afite nabi, kugira ngo atume ibyo yizera n’abana b’abandi bo mu kigo babyizera.”

Mu kumusubiza, Walter yavuze ko uko ari ukurwanya ukwemera ku mugaragaro. Iri tegeko rije nyuma y’icyumweru Guverineri wa Leta ya Louisiana asinye itegeko rivuga ko mu kigo hagomba kumanikwa icyapa kiriho Amategeko Cumi kandi agaragara neza.

Ikigo cya Oklahoma bwategetse ko umwana wese uri mu myaka 11 kugera kuri 18 yiga amasomo ya Bibiliya

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.